Breaking news: Kamonyi Fuso yagonze Coaster ebyiri bamwe bitaba Imana abandi barakomereka bikabije (updated)

Amakuru dukesha Umuvugizi wa Polisi yo mu Muhanda (Traffic Police), CIP Emmanuel Kabanda, aravuga ko abantu batanu mu bakoreye impanuka mu Kagari ka Sheli mu Mudugudu wa Kangayire ari bo bamaze kwitaba Imana naho 11 akaba ari bo bakomeretse.

Muri iyo mpanuka imodoka yo mu bwoko bwa Coaster ifite pulake RAC 404H ya Volcano Express yari itwawe n’uwitwa Musoni yagoganye na Fuso RAC 849L.

Amakuru twahawe n’umuntu wari uri ahabereye impanuka avuga ko Fuso yacitse feri ikabanza kugonga Coaster ya Horison Express hanyuma ikagonga indi Coaster ya Volcano Express.

Iyi mpanuka ngo yaba ihitanye benshi abandi barakomereka.
Iyi mpanuka ngo yaba ihitanye benshi abandi barakomereka.

CIP Kabanda avuga ko abantu 20 ari bo bari bajyanye kwa muganga iyo mpanuka ikimara kuba.

Akomeza avuga ko muri 11 mu basigaye kwa muganga bakomeretse, 3 ngo ari bo bakomeretse cyane bakaba bakirimo gukurikiranwa n’abaganga.

Uretse iyo mpanuka yabereye mu Karere ka Kamonyi, ngo no mu Karere ka Kayonza mu Murenge wa Gahini habereye indi mpanuka mu ma saa moya na mirongo ine n’itanu aho Coaster yagonganye na moto uwitwa Kayigamba Isaac wari uyitwaye bamujyana ku Bitaro bya Gahini agwayo.

CIP Kabanda yibutsa abatwara ibinyabiziga kubigenzura mbere yo kubitwara, kwirinda kuvugira kuri terefone batwaye no kwirinda umuvuduko munini n’ibindi byabarangaza mu gihe batwaye.

Sylidio Sebuharara

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 36 )

Iyi nkuru irababaja kuko twe Twaburiyemo Umuyobozi w’ikigo cya G.S KIGINA mu karere ka KIREHE wari ugiye gusura umwana we wiga i butare nawe yahise agwa muri abo 5.Imana ibakire mubayo

KALISA Claude yanditse ku itariki ya: 2-03-2015  →  Musubize

Ni Ndakubana/kimihurura. abatwara ibinyabiziga bibuke ko bagomba kwitonda mugihe kingendo cyane cyane abatwara abantu. twihanganishije imiryango yabuze ababo muririya mpanuka,"bihangane".

Ndakubana kwizera yanditse ku itariki ya: 1-03-2015  →  Musubize

service muduha ziraboneye kd twishimira Amakuru yizewe mutugezaho. thanks!

Ndakubana kwizera yanditse ku itariki ya: 1-03-2015  →  Musubize

RIP imana ibakire turasaba polisi kuba maso sikagezura abashoferi cyane cyane aba Qaoster kuko bafite kwirara cyane bakihuta ngo barasiganwa namasaha

alias yanditse ku itariki ya: 1-03-2015  →  Musubize

Iyo Mbonye Nkibyo Bituma Nta Shaka Perime.Imiryango Yabuze Abayo Yihangane

Eric Nkurikiyimana yanditse ku itariki ya: 1-03-2015  →  Musubize

twihanganishije ababuze ababo muriyo mpanuka kandi abitabyimana tubifurije kuruhuka mumahoro.

hgh yanditse ku itariki ya: 1-03-2015  →  Musubize

twihanganishije ababuze ababo muriyo mpanuka kandi abitabyimana tubifurije kuruhuka mumahoro.

hgh yanditse ku itariki ya: 1-03-2015  →  Musubize

twihanganishije ababuze ababo muriyo mpanuka kandi abitabyimana tubifurije kuruhuka mumahoro.

hgh yanditse ku itariki ya: 1-03-2015  →  Musubize

Imana Ikomeze Imiryango Yabuze Abayo.

Jolis yanditse ku itariki ya: 1-03-2015  →  Musubize

ABABURIYE ABABO MURIYI MPANUKA BAKOMEZE KWIHANGANA.

TUJYINAMA EPHREM yanditse ku itariki ya: 1-03-2015  →  Musubize

FUSO NIKO ZABAYE.

SERGE yanditse ku itariki ya: 1-03-2015  →  Musubize

mbere nambere mbanje kwihanganisha imiryango yabuze ababo nahubundi ibibaye nagahomamunwa nanjye ndahanyuze numva ibikoba birankutse MANA wakire abatuvuyemo

Alfred yanditse ku itariki ya: 1-03-2015  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka