Itsinda ry’abasirikare b’u Rwanda (RDF) bagera ku 150 n’abapolisi 36, boherejwe muri Uganda kwitabira imyitozo ngarukamwaka ihuza inzego z’umutekano zo mu bihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC), yiswe “Ushirikiano Imara 2022”.
Ku wa Gatandatu tariki 28 Gicurasi 2022, ikipe ya Real Madrid yatsindiye Liverpool ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League igitego 1-0, itwara igikombe ku nshuro ya 14 mu mateka yayo.
Ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatandatu tariki 28 Gicurasi 2020, muri BK Arena hasojwe imikino ya BAL (Basketball Africa League) yegukanywe na US Monastir yo muri Tuniziya itsinze Petro de Luanda yo muri Angola amanota 83 kuri 72.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Karongi buratangaza ko abana 454 b’abangavu aribo batewe inda zitateguwe kuva muri 2019/2020 kugeza mu ntangiriro za 2022, ahanini ngo bigaterwa n’uko benshi muribo nta makuru baba bafite ku bijyanye n’ubuzima bw’imyororokere.
Nyuma yo kubona iterambere u Rwanda rugenda rugeza ku mfungwa n’abagororwa, Hakuzimana Abdul Rashid arifuza ko yakwigirayo indimi, nawe akazafungurwa hari ubumenyi akuyeyo, akanemeza ko aho bafungiye bafashwe neza.
Kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 28 Gicurasi 2022, mu muganda usoza ukwezi kwa Gicurasi, mu Ntara y’Iburasirazuba wibanze ku bikorwa byo kurwanya isuri, hacukurwa cyangwa hasiburwa imirwanyasuri, gusibura inzira z’amazi no gucukura ibinogo biyafata.
Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda, RDF, bubinyujije mu itangazo bwagaragaje ko ubwo ingabo za FARDC zifatanyije n’abarwanyi ba FDLR, tariki ya 23 Gicurasi 2022 barashe mu Rwanda mu Karere ka Musanze ahitwa mu Kinigi hakomereka Abaturage ndetse hasenyuka inzu.
Abarerewe mu kigo cy’abafite ubumuga cya Gatagara bibutse Padiri Fraipont Joseph Ndagijimana, washinze ikigo cy’abafite ubumuga butandukanye, HVP Gatagara, wabasubije ubuzima mu gihe imiryango yabo yabanenaga ikabita abateramwaku, abandi ikabahisha cyangwa bakanicwa.
Mu misa yo Kwibuka no kunamira abari abaririmbyi ba Chorale de Kigali bazize Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994, Padiri Julien Mwiseneza watuye igitambo cya Misa, asabira abo baririmbyi ahamyako Roho zabo ziri mu biganza by’Imana.
Umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu (MINALOC), Sammuel Dusengiyumva, avuga ko abarokotse batewe imbaraga no kuba bibuka Jenoside yakorewe Abatutsi bafite Igihugu, n’ubwo bafite agahinda k’ibibi babonye.
Ed-Tech Monday, ni ikiganiro gikorwa ku bufatanye na Mastercard Foundation, kikagaruka ku iterambere mu burezi bushingiye ku ikoranabuhanga, aho kuri iyi nshuro kizibanda ku nsanganyamatsiko igira iti “Gukoresha ikoranabuhanga mu guteza imbere uburezi bw’impunzi mu Rwanda.”
Mu rwego rwo kwitegura inama ya CHOGM izabera mu Rwanda mu kwezi kwa gatandatu, abitabiriye imurikabikorwa ribera i Kigali, basabwe kuzakira neza abazitabira iyo nama babaha serivisi nziza kandi yihuse.
Kuri uyu wa Gatandatu kuri stade de France i Paris, nibwo hategerejwe umukino wa nyuma wa UEFA Champions League 2021-2022, aho ibikombe 19 biraba biri mu kibuga ku makipe y’ibihangange muri iri rushanwa, ari Real Madrid ifite igikombe inshuro 13 ndetse na Liverpool igifite inshuro 6, bahura ku isaha ya saa tatu z’ijoro.
Urubyiruko rw’abakobwa bafite ubumuga barasaba koroherezwa kubona amakuru y’ubuzima bw’imyororokere by’umwihariko ajyanye n’imihango y’abagore n’abakobwa kuko kutayagira bituma bahura n’imbogamizi zitandukanye.
Minisitiri w’Uburinganire n’iterambere ry’Umuryango, Prof Bayisenge Jeannette, akomeje uruzinduko mu turere tunyuranye tugize Intara y’Amajyaruguru, muri gahunda yo kurebera hamwe ishyirwa mu ngiro ry’ingingo ya gatatu yafatiwe mu nama ya 14 y’Igihugu y’Umushyikirano, aho yasabaga imikoranire y’inzego zitandukanye mu (...)
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku wa Gatanu tariki 27 Gicurasi 2022 mu Rwanda habonetse abanduye Covid-19 bashya batanu, bakaba babonetse mu bipimo 5,739.
Ikipe ya Zamalek yo mu Misiri ni yo yegukanye umwanya wa gatatu mu mikino ya BAL 2022 irimo kubera i Kigali itsinze Forces Armées et Police Basketball (FAP) yo muri Cameroon amanota 97 kuri 74.
Jean Bosco Uwihoreye uzwi nka Ndimbati aravuga ko n’ubwo nta gihe kinini aramara muri gereza, ariko hari byinshi amaze kwigiramo kandi bitazwi na buri wese uri hanze.
Ikigo kigenzura Isoko ry’Imari n’Imigabane mu Rwanda (Capital Market Authority/ CMA), cyahembye abanyeshuri bahize abandi mu irushanwa ngarukamwaka rya University Challenge, ribaye ku nshuro yaryo ya cyenda.
Abiganjemo urubyiruko bo mu Murenge wa Kinigi mu Karere ka Musanze, barifuza kubakirwa ishuri ry’imyuga (TVET) hafi, ngo haboneke umubare munini w’abafite ubumenyi buhagije baheraho bitabira isoko ry’umurimo, kandi n’abajyaga bavunwa n’urugendo bajya kwiga iyo myuga kure, bace ukubira nabyo.
Ababyeyi b’abana bafite ubumuga bwo mu mutwe bari bakirererwa mu kigo ADAR-Tubahoze, barifuza ko mbere yo gusubizwa abana babo ngo babirerere, babanza gusurwa kuko babona bizabagora kubitaho.
Kuri uyu wa Gatanu tariki 27 Gicurasi 2022, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’ubutwererane, Vincent Biruta, yahagarariye Perezida Paul Kagame mu nama idasanzwe ya 15 y’Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe (AU).
Madamu Jeannette Kagame yasabye abikorera ndetse n’abandi bafatanyabikorwa gufatanyiriza hamwe mu gushyigikira uburyo buboneye kandi bwizewe bwo kubaga hifashishijwe ikoranabuhanga ku Banyafurika bose.
Mu gihe Amavubi akomeje imyitozo yo gutegura imikino ibiri yo gushaka itike yo kwerekeza mu gikombe cya Afurika, abandi bakinnyi batatu bakina hanze y’u Rwanda bageze mu Rwanda
Ikigo gikora ibijyanye n’imikino y’amahirwe, Forzza Bet, kirasaba urubyiruko kugira uruhare mu kurwanya abagihakana n’abapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi, kuko ngo rufite ubushobozi bwo kubikora.
Leta zunze Ubumwe za Amerika (USA), zatangaje ko zigiye guha Ukraine imbunda zirasa ibisasu kugera mu bilometero bibarirwa mu magana, bishobora kugera rwagati mu Burusiya birasiwe muri Ukraine, nk’uko byatangajwe n’Ibiro ntaramakuru by’Abongereza, Reuters.
Perezida Paul Kagame, yohereje ubutumwa bw’akababaro kuri Perezida n’abaturage ba Sénégal, nyuma y’inkongi y’umurimo yibasiye ibitaro bya Mame Abdou Aziz Sy Dabakh, igahitana impinja 11 zari zikimara kuvuka.
Guverineri w’Intara y’Amajyepfo, Alice Kayitesi, arasaba abajyanama n’abafatanyabikorwa b’Akarere ka Nyaruguru, kurushaho gufatanya n’abaturage mu kubakemurira ibibazo.
Ndagijimana Dominique yatewe n’intozi mu nzu acururizamo, mu kuzitwika umuriro yakoreshaga ufata ibicuruzwa birashya birakongoka.
Ku wa Kane tariki 26 Gicurasi 2022, muri BK Arena, Ishyirahamwe Nyarwanda ry’umukino wa Basketball ‘FERWABA’, ryasinyanye amasezerano y’imikoranire na NBA Africa.
Nyuma yo gukora ubushakashatsi ku bibazo biri mu micungire y’ubutaka mu Rwanda, abagize ihuriro ry’imiryango nyarwanda itari iya Leta iharanira inyungu z’umuturage (Rwanda Civil Society Platform – RCSP), ndetse na bamwe mu bahagarariye inzego za Leta, bagiranye ibiganiro nyunguranabitekerezo tariki 25 Gicurasi 2022, mu (...)
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku wa Kane tariki 26 Gicurasi 2022 mu Rwanda habonetse abanduye Covid-19 bashya cumi na bane, bakaba babonetse mu bipimo 5,399.
Nsabimana Callixte uzwi nka Sankara yemera ko kubera ibyaha yakoreye sosiyete, ari ngombwa kugororwa. Avuga ko iyo umugororwa aranzwe n’ikinyabupfura aba afite amahirwe yo kwandikira Umukuru w’Igihugu akamusaba imbabazi kandi ko na we ari byo ateganya.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu bufatanyije n’inzego z’umutekano bamennye ibiyobyabwenge birimo urumogi na kanyanga bibarirwa mu mafaranga miliyoni 302, hakaba n’amavuta ya mukorogo abarirwa mu mafaranga angana na miliyoni 495.
Imfungwa n’abagororwa 603 bafungiye muri Gereza eshanu zo mu gihugu bahawe impamyabushobozi z’icyiciro cya mbere (Level 1), mu bijyanye n’imyuga n’ubumenyingiro (TVET).
Perezida Paul Kagame uri i Davos mu Busuwisi aho yitabiriye ihuriro mpuzamahanga ngarukamwaka ku bukungu, ku munsi wa Gatatu waryo afatanyije n’abakuru b’Ibihugu bya Afurika bitabiriye iri huriro batanze ikiganiro ku gusuzuma uruhare rwa Afurika mu guhindura isi.
Umuyobozi w’ibitaro bya Gisenyi CSP Dr. Tuganeyezu Ernest, avuga ko bagifite ibibazo mu kuvura indwara zitandura ku bakoresha ubwisungane mu kwivuza (Mutuelle de santé), aho ababukoresha hari serivisi badahabwa cyangwa imiti batemerewe, Abasenateri basuye ibyo bitaro bakaba bariyemeje gukora ubuvugizi kuri icyo kibazo.
Mu ijoro ryo ku wa 25 Gicurasi 2022 nibwo habaye umukino wa nyuma wa UEFA European Conference League aho ikipe ya AS Roma ari yo yatwaye igikombe itsinze Feynood igitego 1-0 umutoza Jose Mourinho akomeza kwandika amateka adasanzwe mu mwuga wo gutoza ruhago.
Bamwe mu rubyiruko rw’abakobwa batewe inda zitateguwe bifuza ko imbaraga zishyirwa mu bana b’abakobwa mu kubigisha ubuzima bw’imyororokere zanashyirwa mu bana b’abahungu kuko ari bo batera inda.
Abikorera bo mu Karere ka Muhanga (PSF), bibutse ku nshuro ya 28 Abatutsi bari abacuruzi bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, biyemeza kunga ubumwe, kuko abikorera ari bo bafite uruhare runini mu iterambere ry’Igihugu muri rusange.
Akarere ka Kicukiro kashyize mu barinzi b’Igihango uwitwa Mukancogoza Esperence, wari ufite imyaka 24 y’ubukure mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, kuko yabashije kurokora umuryango w’abantu 10 bari bamuhungiyeho i Masaka muri Kicukiro, baturutse i Muyumbu mu Karere ka Rwamagana.
Muri tombola igaragaza uko amakipe azahura mu gushaka itike ya CHAN 2023 izabera muri Algeria, u Rwanda ruzagiramo mu ijonjora rya kabiri.
Mu gihe habura iminsi micye kugira ngo ikipe y’igihugu y’abagore mu mupira w’amaguru, yitabire CECAFA izabera muri Uganda kuva tariki ya 1 kugeza ku ya 11 Kamena 2022, kapiteni w’iyo kipe, Nibagwire Sifa Grolia, arizeza Abanyarwanda ko bazakora ibishoboka byose bagatahana intsinzi.
Urwego rw’ Ubwiteganyirize mu Rwanda(RSSB) rwakiriye inkunga y’Amafaranga y’u Rwanda Miliyoni 133 n’ibihumbi 866 yatanzwe n’umuryango AHF Rwanda (AIDS Healthcare Foundation) wibanda cyane cyane ku byerekeranye n’ubuzima, iyo nkunga ikazafasha mu kwishyurira umusanzu wa Mituweli abatishoboye.
Ikipe y’igihugu ya Zambia na JKT yo muri Tanzania bizitabira irushanwa ryo Kwibuka Abasportifs bazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka wa 1994
Abantu benshi mu Rwanda ntibazi cyangwa babyirengagiza nkana, ko umuntu ukekwaho icyaha ashobora gutegekwa kuguma iwe mu rugo ahubwo bazi ko buri gihe agombba gufungirwa muri kasho z’ubugenzacyaha mu gihe agikorwaho iperereza, nyamara ngo ubu buryo Umugenzacyaha cyangwa Umushinjacyaha afite uburenganzira bwo kubutegeka.
Urukiko rwongeye kwemeza ko urubanza ruregwamo umuyobozi wa Rwanda Inspiration Back up, Ishimwe Dieudonné uzwi nka Prince Kid, rukomeza kubera mu muhezo, kabone n’ubwo we n’umwunganira mu mategeko basabaga ko rwabera mu ruhame.
Abaturage bo mu Karere ka Nyabihu, barakangurirwa kwimakaza ubutabera bwunga, bugakorerwa mu miryango, kuko biri mu bizagira uruhare mu kugabanya umubare w’abagana inkiko, abafungirwa muri za kasho n’amagereza, ndetse bigaca n’amakimbirane mu miryango, bityo n’abantu bakabona umwanya wo gukora ibibafitiye inyungu.