Rusizi: Nyuma y’icyumweru afunguwe yongeye gufungwa azira ubujura

Mbonimana Bernabe w’imyaka 17 y’amavuko wo mu murenge wa Mururu akagari ka Bahunda yongeye gushikirizwa inzego za Polisi azira icyaha cy’ubujura nyuma y’icyumweru kimwe gusa afunguwe kuri pariki aho nabwo yaziraga kwiba amaradiyo.

Mbonimana yafashwe n’inkeragutabara mu ijoro rishyira tariki 02/10/2012 yamenye amadirisha y’ibutiki ikorerwamo ubucuruzi maze ayinjiramo yiba amavuta yo kwisiga.

Mbonimana yiyemerera ko yari yibye koko akaba abisabira imbabazi avuga ko atazongera ariko abamuzi bavuga ko ahora asaba imbabazi ariko ntacike ku ngesoye.

Mbonimana yemera ubujura yakoze.
Mbonimana yemera ubujura yakoze.

Umurenge wa Kamembe umaze iminsi ugaragaramo ubujura buciye icyuho abenshi babukora akaba ari abasore kenshi baba baturutse mu yindi mirenge baza kuwushakishamo imibereho dore ko ugizwe n’umujyi ubonekamo byinshi.

Musabwa Euphrem

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

NTIBIDUTANGAJE KUKO NUBUNDIIGISAMBO CYAMBERE MU RWANDA NIHOCYABONETSE!POLE SANAWANGU, UGIZEUMWAKU URAFATWA, NATWEUBWOBA BWADUTASHYE, TWESE SI UK!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!

NYIRAMARIZA MARIE yanditse ku itariki ya: 4-10-2012  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka