Rusizi: Ikamyo yakoze impanuka ikomeye Imana ikinga akaboko

Imodoka y’ikamyo ijyana ibicuruzwa muri Congo yakoze impanuka ikomeye mu murenge wa Gihundwe mu karere ka Rusizi hafi y’inkambi ya Nyagatare tariki 21/07/2013, abari bayirimo babasha kuvamo hakoreshejwe imbaraga ariko ntawahasize ubuzima.

Imana ngo yakinze akaboko ntihagira uwitaba Imana.
Imana ngo yakinze akaboko ntihagira uwitaba Imana.

Iyi modoka yavaga muri Uganda yerekeza i Bukavu muri Congo yakoze impanuka mu masaa cyenda z’ijoro, inzego z’umutekano n’abaturage bifashisha imipanga n’amasuka batema ibyuma by’imodoka babasha gukuramo abagabo babiri bakomeretse bahita bjyanwa ku bitaro bya Gihundwe.

Iyi mpanuka ngo ntiyarisanzwe.
Iyi mpanuka ngo ntiyarisanzwe.

Aha habereye iyi mpanuka si ubwa mbere ihabaye kuko imodoka zihora zihagwa. Akenshi ngo biterwa n’abashoferi baba batazi uwo muhanda neza bagera mu ikona rihari bakibeshya ko ari ahantu harambiuye bagahita bahagwa.

Musabwa Euphrem

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka