Rusizi: Hafashwe imodoka yuzuye inzoga z’inkorano ba nyirazo banga kuzireka

Abayobozi b’imidugudu bafatanyije n’umurenge wa Kamembe bafashe imodoka yuzuye inzoga z’inkorano ku mugoroba wa tariki 12/12/2012 ariko ba nyirabyo banze kubivaho bakurikira imodoka yabizanye bavuga ko bagomba kubisubizwa bakabinywa.

Izi nzoga zafatiwe mu kagari ka Gihundwe zafashwe nyuma y’icyumweru umwe mu babikoresha amennye ijisho uwitwa Uwizeyimana kubera ubusizi.

Ibiyoga byafashwe byuzuye imodoka.
Ibiyoga byafashwe byuzuye imodoka.

Izo nzoga kandi zikunze gutera urugomo muri ako kagari kuko hari umwe mu bazinywa uherutse kwica mugenzi we, ubu aka afungiye kuri sitasiyo ya Polisi ya Kamembe.

Bamwe mu bakunze kubikoresha ngo ni abantu biganjemo abajura, indaya n’abandi bakora ibikorwa by’urugomo aho ngo akenshi usanga atari abo muri Rusizi kuko ngo ari ababa baje gushakisha ubuzima mu mujyi wa Rusizi.

Abo banze guheba inzoga zabo ngo mpaka bazirangije.
Abo banze guheba inzoga zabo ngo mpaka bazirangije.

Umuyobozi w’akagari ka Gihundwe, Nyirahagenimana, yatangaje ko zimwe mu ngamba zafashwe ari ugukomeza kurwanya ibyo biyoga akaba yasabye ababicuruza gushaka indi mirimo bakora atari iyo kwiyahura mu biyobyabwenge bikunze no guteza ingaruka mbi zikurura n’ubwicanyi.

Musabwa Euphrem

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka