Ruhango: Abagore babiri bakurikiranyweho gucuruza igikwangari

Mukamana Alphonsine na Mukagashugi Mariam bafungiye kuri station ya polisi ya Nyamagana mu karere ka Ruhango guhera tariki 24/05/2013 bakurikiranyweho gucuruza inzogo itemewe y’Igikwangari.

Mu mukwabo wakozwe n’inzego z’umutekano mu karere ka Ruhango, wasanze aba bagore bombi barimo gucuruza iyi nzoga y’inkorano izwi nk’ikiyobyabwenge gikaze, bakaba barafatanywe litiro zigera kuri 300.

Nk’uko byemezwa n’abantu batandukanye, iyi nzoga ngo ni mbi cyane kuko uyinywa abyimba umubiri wose nk’urwaye bwaki.

Ubwo abashinzwe umutekano bari bajyanye abafashwe kuri station ya Polisi.
Ubwo abashinzwe umutekano bari bajyanye abafashwe kuri station ya Polisi.

Inzego z’umutekano mu karere ka Ruhango ziravuga ko zifite ingamba n’ubushake bwo kurwanya iki kiyobyabwenge. Zigasaba abaturage n’inzego z’ibanze kubafasha muri iki gikorwa cyo guhashya ibiyobyabwenge kuko ari bimwe mu byangiza ubuzima by’abantu.

Eric Muvara

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka