Ngororero: Abafite ibikoresho bya gisirikare kuburyo bunyuranyije n’itegeko barasabwa kubisubiza

Ubuyobozi bw’ingabo bufatanyije n’ubuyobozi bw’akarere ka Ngororero barasaba abaturage baba batunze ibikoresho bya gisirikare kuburyo bunyuranyije n’itegeko ko babisubiza mbere y’uko batahurwa kuko ubitanze ku neza adahanwa.

Umuyobozi w’ingabo mu karere ka Ngororero, Majoro Karuhanga, asaba abaturage gutanga ibyo bikoresho no gutanga amakuru kubaba babitunze batemera kubitanga. Akomeza avuga ko abaturage aribo ubwabo bakwiye kwita ku mutekano wabo no gukumira abashaka kubagirira nabi.

Nta musivire ukwiye gutunga intwaro atabyemerewe.
Nta musivire ukwiye gutunga intwaro atabyemerewe.

Nyuma y’uko muri iki cyumweru dusoje mu mujyi wa Kigali haturikiye igisasu kigahitana ubuzima bw’umuntu naho abandi bagakomereka, Majoro Karuhanga avuga ko nta muntu ukora ibyo yaturutse hanze y’igihugu ahubwo ari ibisasu biba bisanzwe mu baturage.

Kubera iyo mpamvu, abaturage bakaba badakwiye kubikira ibanga abafite ibyo bikoresho byaba amasasu, imbunda cyangwa imyenda ya gisirikare kuko aribyo bakoresha.

Ibi bikoresho bya gisirikare nabyo ntawe ukwiye kubitunga atabifitiye uburenganzira.
Ibi bikoresho bya gisirikare nabyo ntawe ukwiye kubitunga atabifitiye uburenganzira.

Mu karere ka Ngororero nta bikorwa by’urugomo byitwaje intwaro za gisirikare bihaherutse, kuko abaheruka gufatanwa imbunda bafashwe mu mwaka ushize wa 2012 mu kwezi kwa gatanu, mu murenge wa Muhanda ariko nta muntu bari babashije kwica cyangwa gukomeretsa.

Ernest Kalinganire

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka