Kigali: Imodoka irakongotse

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatatu tariki 17 Kanama 2022 imodoka y’ivatiri y’umuntu utahise amenyekana ikongokeye mu Mujyi rwagati wa Kigali hafi y’inyubako y’ubucuruzi ya Kigali Investment Company (yahoze yitwa UTC).

Televiziyo BTN dukesha iyi nkuru ivuga ko Polisi yatabaye ikazimya iyo modoka yari imaze gukongokera mu muhanda rwagati mu Mujyi wa Kigali.

BTN ivuga ko Umuvugizi wa Polisi, CP John Bosco Kabera, yayitangarije ko bakirimo gushakisha icyateye iyo modoka gushya ari na ko bashakisha uwari uyitwaye wahise asohoka mu modoka agacika.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka