Ikamyo yakoze impanuka muri Nyungwe

Ikamyo yavaga muri Tanzaniya yerekeza i Bukavu muri RDC yaguye mu ishyamba rya Nyungwe ahitwa Pindura ku mugoroba wa tariki 13/12/2012 ariko nta muntu wagize icyo aba.

Umushoferi wari ayitwaye witwa Saidi yatangaje ko nawe yatunguwe no kugwa kw’iyo modoka kuko ahantu yari ageze hari hameze neza. Iyo modoka ngo yacitseho igice cy’imbere ari nayo ntandaro yo guhirima.

Ikamyo yacitsemo kabiri ariko umushoferi ntacyo yabaye.
Ikamyo yacitsemo kabiri ariko umushoferi ntacyo yabaye.

Uyu mushoferi yavuze ko abashoferi baba bataramenyera umuhanda wa Nyungwe ukunze kubagora dore ko ufite n’amakona menshi. Saidi ngo azategereza nyiri imodoka igihe azazira kumufasha guteranya iyo modoka.

Musabwa Euphrem

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka