Burera: Sekaziga yatewe icyuma munsi y’ugutwi ahita apfa

Umusore witwa Sekaziga Innocent utuye mu kagari ka Kidakama, umurenge wa Gahunga, akarere ka Burera, yitabye Imana nyuma yo guterwa icyuma munsi y’ugutwi n’umugabo witwa Ndayambaje Jean de Dieu.

Sekaziga, wari ufite imyaka 26 y’amavuko, yatewe mu ma saa mbiri z’ijoro rya tariki 30/04/2013, ubwo yavaga muri santere ya Gahunga atashye, ari kumwe n’umukobwa w’inshuti ye witwa Uwineza Julienne, nawe wakomerekejwe ku kuboko.

Uwineza, ufite imyaka 24 y’amavuko, niwe watanze amakuru ku bayobozi ko abagizi ba nabi babategeye mu nzira.

Avuga ko ubwo batahaga, bari mu nzira, bumvise abantu babakurikiye ariko batazi abo aribo. Yahise abona umwe muri abo bantu, ariwe Ndayambaje, ateye icyuma Sekaziga munsi y’ugutwi ahita agwa hasi.

Uwineza akomeza avuga ko Ndayambaje yaje amusatira ashaka nawe kumutera icyuma mu gatuza ariko ahita akinga ukuboko icyuma agitera ku kuboko.

Sekaziga yatewe icyuma nijoro atashye avuye muri iyi santere ya Gahunga.
Sekaziga yatewe icyuma nijoro atashye avuye muri iyi santere ya Gahunga.

Kuri ubu Uwineza ari kuvurirwa mu bitaro bikuru bya Ruhengeri naho Sekaziga we yashyinguwe tariki ya 01/05/2013.

Ndayambaje n’undi mugabo witwa Ndagijimana bari kumwe ubwo bakoraga iryo bara bombi bemera icyaha.

Ndayambaje yiregura avuga ko yateye icyuma Sekaziga n’umukunzi we kubera ko ngo uwo Sekaziga yari amurimo umwenda w’amafaranga ibihumbi 11.

Kuri ubu Ndayambaje na Ndagijimana bafungiye kuri sitasiyo ya Polisi ya Gahunga, iri mu murenge wa Gahunga, mu gihe bagikorerwa dosiye ngo bashyikirizwe inkiko.

Norbert Niyizurugero

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 2 )

Ko ubwicanyi bukomeje kwiyongera bikabije?hagakwiye gufatwa ingamba zo guhanira mu ruhame ababa babukoze,bigatuma habaho gutinyisha abateganya kwica.

ruhamya yanditse ku itariki ya: 3-05-2013  →  Musubize

Hakwiye kugarurwa igihano cy’urupfu kuko ubwicanyi bwa hato na hato burakabije.

manzi yanditse ku itariki ya: 3-05-2013  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka