Abantu bane bakurikiranyweho gukinisha abana filime z’urukozasoni no kuzikwirakwiza

Urwego rw’Iperereza (RIB) rwatangaje ko rwafashe Twizerimana David ufite chaines/channels za Youtube zitwa Smart Guys TV na Smart Nation TV na bagenzi be batatu bakurikiranyweho gukinisha abana filime z’urukozasoni no kuzikwirakwiza bifashishije imbuga nkoranyambaga nka YouTube.

Abafashwe bafungiye kuri Sitasiyo za RIB za Kacyiru, Kimironko, Kimihurura na Remera mu gihe dosiye zabo zirimo gutunganywa kugira ngo zishyikirizwe Ubushinjacyaha.

RIB yatangaje ko itazihanganira umuntu wese uzakoresha umwana ibikorwa by’urukozasoni n’ibindi bishora abana mu ngeso mbi zibangiriza ejo hazaza habo, yaba akoresha imbuga nkoranyambaga cyangwa ubundi buryo ubwo ari bwo bwose.

Uzabifatirwamo wese azahanwa nk’uko amategeko abiteganya.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 2 )

Nibahanwe by’intangarugero aba ba ruhekura ababyeyi. Ubundi bagiye bakinisha abantu bakuze barababuze?

iganze yanditse ku itariki ya: 2-08-2023  →  Musubize

niyo mpamvu ngiye gutoroka igihugu nkigira cosmos cg biituma hehe city

dangote yanditse ku itariki ya: 1-08-2023  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka