Rusizi: Yafatanywe imbunda yo mu bwoko bwa Pisitori

Musabyimana Yohani w’imyaka 44 ukomoka mu karere ka Nyamasheke mu murenge wa Kagano ariko akaba atuye mu murenge wa Gitambi mu kagari ka Hangabashi mu karere ka Rusizi yafatanywe imbunda yo mu bwoko bwa pisitori irimo n’amasasu yayo 6.

Uyu mugabo ubwo yafatwaga mu masaa tatu z’a mu gitondo zo kuwa 28/12/2012, yahise yemera ko yari atunze iyo mbunda kuko inzego z’umutekano zamufashe akiyifite aho yari yayambariyeho imyenda dore ko ari nto.

Agifatwa yahise abwira inzego z’umutekano ko ari umusirikare wa FDLR ariko bakoze iperereza basanga ari ibinyoma, Musabyimana avuga ko iyo mbunda yayihawe n’undi mugabo witwa Habumugisha kugira ngo bayishakishemo amafaranga bambura abaturage amafaranga.

Musabyimana yiyemerera ko yari atunze iyo mbunda.
Musabyimana yiyemerera ko yari atunze iyo mbunda.

Ubwo inzego z’umutekano zakomezaga iperereza zasanze abo bagabo bombi baragiye bandikirana ubutumwa burimo kuzimiza ku buryo Musabyimana we abisobanura neza avuga ko ari uburyo bw’amayeri bakoreshaga kugira ngo bajye kwambura abantu.

Kugeza ubu abantu 3 nibo bamaze gutabwa muri yombi bakaba bafungiwe kuri sitasiyo ya polisi ya Kamembe ariko hariho agatsiko k’abantu benshi bagishakishwa bafatanyije icyaha n’aba bagabo.

Nk’uko Musabyimana abitangaza ngo bafashwe bafite umugambi wo gutera umuturage umwe w’umukire atashatse kuvuga izina aho ngo bari bagamije kumwabura amafaranga.

Musabwa Euphrem

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka