Gakenke: Umusore yafatanwe amafaranga mpimbano yishyura terefone

Umusore y’imyaka 22 witwa Ntihabose Ildephonse yatawe muri yombi kuri uyu wa Gatanu tariki 03/05/2013, mu isoko rya Gakenke afatanwe amafaranga mpimbano ibihumbi 21 ubwo yagerageza kuyishyura terefone ngendanwa yakoze.

Ntihabose ukomoka mu Kagali ka Nganzo, Umurenge wa Gakenke mu Karere ka Gakenke, yafashwe n’umucuruzi wa terefone witwa Mbarushimana nyuma yo kumwishyura amafaranga ibihumbi umunani, inoti eshatu za bibiri mpimbano n’inoti ebyiri z’igihumbi nzima baguze terefone ngendanwa yakoze.

Ntihabose ari mu maboko ya polisi kubera amafaranga mpimbano 21.000 (Foto: L. Nshimiyimana)
Ntihabose ari mu maboko ya polisi kubera amafaranga mpimbano 21.000 (Foto: L. Nshimiyimana)

Mbarushimana yatangarije Kigali Today ko yamwishyuye ayo mafaranga ayashyize mu yandi yari afite, asanga adasa. Yahise afata Ntihabose maze abantu bahuruye ahita amuhindikira avuga ko ayo mafaranga mpimbano ari we uyamuhaye.

Abaturage bamusatse bamusangana mu ipantalo n’izindi noti za bibiri n’imwe ya bitanu na zo mpimbano. Abaturage bahise bamufata bamujyana kuri Sitasiyo ya Polisi ya Gakenke, aho acumbikiwe by’agateganyo mu gihe ubugenzacyaha bugitegura dosiye ye.

Ntihabose ahakana ko acuruza amafaranga mpimbano, avuga ko ayo mafaranga na we yayishyuwe mu gitondo n’umuntu atazi ubwo yagurishaga ihene nkuru n’umwana wayo bakamuha ibihumbi 23.

Ingingo ya 603 y’icyo gitabo cy’amategeko ahana y’u Rwanda iteganya igihano kuva ku mwaka umwe kugeza ku myaka itatu, ku muntu ukwirakwiza amafaranga mpimbano mu baturage.

Leonard Nshimiyimana

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

Abatekamutwe babaye benshi abacuruzi bage bigengesera cyane

nyiramwiza yanditse ku itariki ya: 4-05-2013  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka