Kizito Mihigo, Sophia na Fulgence basusurukije Abanyagakenke
Kizito Mihigo aherekejwe n’umuhanzi gakondo Nzayisenga Sophia ndetse na Bigirimana Fulgence basusurukije abaturage bo mu Mujyi wa Gakenke, kuri uyu wa Kabiri tariki 04/06/2013.
Mihigo yaririmbye indirimbo ze zitandukanye zirimo “inuma” na “Agaciro” zikundwa n’abantu benshi ari ko anacishamo ubutumwa bukangurira abantu kwitabira amatora.
Yagize ati: “Mbazaniye ubutumwa bwo gukunda igihugu, ubutumwa bwerekana ko igihugu cyubakwa mu buryo bwinshi ariko cyane cyane cyubakwa buri wese abigizemo uruhare. Buri wese agomba kugira uruhare kugira ngo igihugu cyigire imiyoborere myiza;
Buri wese agomba kwitorera abayobozi ejo n’ejobundi hatazagira n’ugira ingingimira ngo uriya muyobozi yaturutse he. Oya! azaba ari twe yaturutseho kandi ari twe akorera kugira ngo duhore twishimiye ubuyobozi bwacu”.
Kizito Mihigo yagarutse ku butumwa bw’indirimbo ze ndetse n’intego ya fondasiyo ye yitwa Kizito Mihigo pour la Paix (KMP), akangurira abantu kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi kuko ari umuti uzadukiza gusubira muri ayo mateka mabi u Rwanda rwanyuzemo.
Umuhanzi gakondo wamenyekanye kubera gucuranga inanga, Nzayisenga Sophia mu mupira wa yakirigise umurya w’inanga, abaturage baranezerwa cyane. Bamufashije kuririmba indirimbo basanzwe bazi nka “Inganzwa na “Baramutse” nayo irimo ubutumwa bw’amatora.
Atanga ubutumwa bw’amatora, Nzayisenga Sophia ati: “Nanjye ndi umugore w’Umunyarwandakazi ushimishijwe no kwitabira igikorwa cy’amatora kizaba muri Nzeri; na mwe turi kumwe ?”
Umuhanzi ukomoka mu Karere ka Gakenke witwa Bigirimana Fulgence yazamutse ku ruhimbi na we aririmba indirimbo ze zo hambere nka “Musaninyange” n’inshyashya amaze igihe gito asohoye ari zo “Iz’ubu” na “Ibanga”.
Umuyobozi w’Akarere ka Gakenke, Nzamwita Deo, witabiriye icyo gitaramo ari mu bakunda umuhanzi Kizito Mihigo, yashishikarije abaturage kwitabira amatora ku byinshi kandi bakazatora abadepite bazabagirira akamaro.
Kuva tariki 16-18/09/2013 Abanyarwanda bazitorera abadepite 80 bazabahagararira mu Nteko Ishinga Amategeko, 53 bakomoka mu mitwe ya Politiki, 24 bahagarariye abagore, babiri bahagarariye urubyiruko n’umwe uhagarariye abafite ubumuga.
Icyo gitaramo cyateguwe na Foundation Kizito Mihigo for Peace (KMP) ikangurira Abanyarwanda umuco wo kwibuka, kubabarira, ubumwe n’ubwiyunge ifatanyije na Komisiyo y’Amatora mu rwego rwo gukangurira abantu kwitabira amatora.
Nshimiyimana Leonard
Inkuru zijyanye na: Kizito Mihigo
- Iperereza rya RIB ku rupfu rwa Kizito Mihigo ryagaragaje ko yiyahuye
- Kizito Mihigo yapfuye yiyahuye - Polisi
- RIB yemeje ko Kizito Mihigo yatawe muri yombi
- Amashimwe ni yose kuri Kizito na Ingabire Victoire bakijijwe Gereza
- Kizito Mihigo na Ingabire Victoire bahawe imbabazi
- Kizito Mihigo yasabiwe gufungwa burundu
- Mama wa Kizito Mihigo ntabwo arwaye
- Kizito n’abo baregwana ibyaha by’iterabwoba n’ubugambanyi bakatiwe gufungwa iminsi 30
- Kizito Mihigo nabo bareganwa bireguye ariko bataha batazi niba bazafungwa iminsi 30
- Minisitiri Mitali yagize icyo atangaza ku itabwa muri yombi ry’umuhanzi Kizito Mihigo
- Kizito Mihigo ariyemerera ko yakoranaga na RNC na FDLR
- Umuhanzi Kizito Mihigo arakekwaho ibikorwa byo guhungabanya umutekano w’igihugu
- Ngoma: Kizito Mihigo yabasusurukije anabakangurira kuzitabira amatora
- Kirehe: Kizito Mihigo yakoze igitaramo cyo gutegura amatora y’abadepite
- Nyamagabe: KMP irasaba urubyiruko kugira umuco w’amahoro n’ubwiyunge
- Ubumuntu ntibugomba gupfobywa n’ubumuga-Umuhanzi Kizito Mihigo
- Kizito Mihigo yashyize ahagaragara indirimbo yahimbiye ikigega AgDF
Ibitekerezo ( 1 )
Ohereza igitekerezo
|
udakunda amahoro aba atumvira icyo Imana itwifuzaho.
dushyigikire Kizito tuyasakaze hose igihugu cyacu kibe akarorero mu rwego rw’ isi.