Umusore yafunzwe akekwaho gukwiza ubutumwa burimo ingengabitekerezo ya Jenoside
Inzego z’umutekano mu Karere ka Gakenke ziravuga ko zataye muri yombi umusore witwa Karangayire Theodore, utuye mu Mudugudu wa Cyimbogo, Akagari ka Rwinkuba, Umurenge wa Muhondo mu Karere ka Gakenke, akekwaho ingengabitekerezo ya Jenoside.

Uwo musore akekwaho gukoresha imiyoboro ya telefoni zibaruye ku bandi bantu, akoherereza abantu barimo n’abayobozi ubutumwa burimo ingengabitekerezo ya Jenoside.
Amakuru avuga koibyo yabikoze ku itariki ya 18 Mata 2020, mu bantu uwo musore yoherereje ubutumwa burimo ingengabitekerezo ya Jenoside hakaba harimo n’Umunyamabanga Nshinwabikorwa w’Umurenge wa Muhondo, Janvier Bisengimana ndetse n’umucuruzi warokotse Jenoside witwa Itangishaka Edith.
Uyu musore kandi ngo yanoherereje ubutumwa burimo ingengabitekerezo ya Jenoside, umwakirizi w’imisoro mu murenge witwa Rukundo Djuma.
Ku bufatanye n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha mu Karere ka Gakenke, hatahuwe ko uwo musore yakoreshaga imirongo itatu itandukanye ya telefoni kandi ibaruye ku mazina y’abandi bantu harimo n’abaturanyi be.
Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Ubugenzacyaha (RIB), Marie Michelle Umuhoza, yatangaje ko uwo musore akurikiranyweho ingengabitekerezo ya Jenoside, akaba afungiye kuri sitasiyo ya RIB ya Gakenke, mu gihe iperereza rigikomeje.
Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru, JMV Gatabazi, yabwiye Kigali Today ko bibabaje kuba umwana wavutse nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi afite ingengabiterezo iri ku rwego rwo hejuru, asaba ababyeyi kwitondera ibyo babwira abana.
Yagize ati “Ababyeyi bazi amateka igihugu cyaciyemo, bazi ko igihugu cyatakaje nta n’Umunyarwanda wabyungukiyemo, rero turasaba ababyeyi, abarimu, inzego z’urubyiruko gutanga ibiganiro bibigisha ubumwe n’ubwiyunge, bagaharanira amahoro, ariko natwe tukabikurikirana. Ubwo rero ni ugukomeza kwigisha”.
Ibi kandi bibaye mu gihe u Rwanda ruri mu minsi ijana yo kwibuka ku nshuro ya 26 Jenoside Yakorewe Abatutsi, igahitana abarenga miliyoni.
Urubyiruko by’umwihariko rukaba rusabwa kwirinda ingengabitekerezo ya Jenoside kuko ari rwo rwitezweho ejo heza hazaza h’igihugu.
Inkuru zijyanye na: Kwibuka26
- Abagize Ibuka-Italia basanga Jenoside yakorewe Abatutsi ikwiye kwigishwa mu mashuri
- Komisiyo yiga ku ruhare rw’u Bubiligi mu bibazo bya Congo izagaragaze n’uruhare bwagize muri Jenoside yakorewe Abatutsi – RESIRG
- Musenyeri Rucyahana aramagana abakomeje gupfobya no guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi
- Itorero Inganzo Ngari rirabasusurutsa mu gitaramo cyo Kwibohora bise ‘Urw’Inziza’
- Nyanza: Mu mibiri itatu yabonetse i Busasamana, umwe wahise umenyekana
- Itangizwa rya Turquoise: Operasiyo ya Gisirikare y’Abafaransa yari ije gutabara Guverinoma y’Abicanyi n’ingabo zayo
- Abapfobya Jenoside ntibagomba kudutera ubwoba - Dr Bizimana J. Damascène
- Imiryango yazimye muri Jenoside ni ikimenyetso cy’umugambi wo kurimbura abafite icyo bahuriyeho – Jeannette Kagame
- Uwarokotse Jenoside ararembye nyuma yo gukubitwa n’abagizi ba nabi
- Tariki 17/06/1994 : Guverinoma ya Kambanda yabeshye ko mu Bisesero hari inyenzi, ijya gutsemba Abatutsi baho bari bataricwa
- 14-17/06/1994 : iyicwa ry’Abatutsi kuri Sainte Famille no kuri Saint Paul na Operasiyo idasanzwe y’Inkotanyi yo gukiza abicwaga
- Gukurikirana ibyaha by’ingengabitekerezo ya Jenoside bishyigikira ubumwe n’ubwiyunge
- Tariki 08/06/1994: Muri Ngororero ubwicanyi bwakorewe abana babyawe n’abagore b’Abahutukazi ku bagabo b’Abatutsi
- Ubuhamya: Interahamwe zahaye Kayitaramirwa amahitamo atatu
- Abanyarwanda baba muri Cameroun bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi
- Gushakisha imibiri mu cyuzi cya Ruramira birasubukurwa kuri uyu wa mbere
- Icyuzi cya Ruramira kimaze kubonekamo imibiri y’Abatutsi 218 bishwe muri Jenoside
- Tariki 04/06/1994 : Ifatwa rya Kabgayi ryababaje Guverinoma ya Kambanda
- Iya 02 Kamena 1994 itariki y’icyizere ku barokokeye i Kabgayi
- U Bubiligi bwahamagaje Abadipolomate babwo kubera amakosa bakoze mu #Kwibuka26
Ibitekerezo
Ohereza igitekerezo
|