Umubare w’abarenga ku mabwiriza yo kwirinda COVID-19 waragabanutse

Polisi y’u Rwanda itangaza ko umubare w’abantu barenga ku mabwiriza yo kwirinda icyorezo cya COVID-19 wagabanutse kubera ingamba zashyizweho n’Inama y’Abaminisitiri.

Hashingiwe ku mibare, Polisi y’u Rwanda igaragaza ko mu mpera z’icyumweru cya Noheli abantu babarirwa mu bihumbi 56 bafashwe barenze ku mabwiriza yo kwirinda COVID-19, mu gihe impera z’icyumweru cyari cyabanje hari hafashwe ibihumbi 51.

Kuva tariki 4 Mutarama 2021 Inama y’Abaminisitiri yemeje ko ingendo zigomba guhagarara kuva saa mbili z’ijoro ndetse abantu bagahagarika ibikorwa saa kumi n’ebyiri kugira ngo bitegure gutaha mu rwego rwo kwirinda icyorezo cya COVID-19 cyari kimaze kuboneka mu barwayi benshi mu Rwanda.

Raporo ya Polisi iragaragaza ko umubare w’abantu barenga ku mabwiriza yo kurwanya ikwirakwira ry’icyorezo cya COVID-19 wagabanutse ku gipimo cya 50.2%.

Raporo ya Polisi y’u Rwanda ishingiye ku bikorwa byabaye hagati y’itariki ya 29 Ukuboza 2020, tariki ya 4 Mutarama 2021 n’ibikorwa byabaye hagati y’itariki ya 5 na tariki ya 8 Mutarama 2021, igaragaza ko abantu 48,263 bagaragaye mu cyumweru cya tariki ya 29.

Iyi raporo igaragaza ko hagati ya tariki ya 5 n’iya 8 Mutarama habonetse abantu ibihumbi 24,026 bafashwe batubahirije amabwiriza yo kwirinda COVID-19.

Polisi y’u Rwanda ivuga ko mu cyumweru cya tariki ya 4 Mutarama abantu 46,947 bafashwe batambaye agapfukamunwa, batubahirije guhana intera hagati yabo, mu gihe hafashwe Imodoka 616, Moto 415 n’amagare 285 byafashwe mu bikorwa byo kugenzura abatubahirije amasaha yo kuba bageze aho bataha.

Ikomeza ivuga ko tariki ya 5 kugera tariki ya 8 hafashwe abantu 23,647, naho umubare w’imodoka wageze kuri 162, moto 177, n’amagare 40.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, CP John Bosco Kabera, avuga ko iri gabanuka ry’abafatwa barenze ku mabwiriza yo kwirinda COVID-19 ryatewe n’imyanzuro y’Inama y’Abaminisitiri yateranye tariki ya 04 Mutarama 2021.

Yagize ati “Abanyamaguru barenga 6,700 ni ikigereranyo cy’abantu bafatwaga mu gihugu hose mbere y’itariki ya 04 Mutarama 2021, ariko guhera tariki ya 5 Mutarama umubare w’abarenga ku mabwiriza waragabanutse bagera ku kigereranyo cy’abantu 5,900.”

CP Kabera avuga ko imodoka zagabanutse kuva ku kigero cya 88% kugera kuri 40% ku munsi , moto ziva kuri 59% zigera 44%, mu gihe amagare yavuye kuri 40% kugera kuri 10% ku munsi.

Kugabanuka kw’iyi mibare umuvugizi wa Polisi avuga ko byetewe no gufunga bimwe mu bikorwa by’ubucuruzi guhera ku isaha ya saa kumi n’ebyiri z’umugoroba, amasaha yo guhagarika ingendo akagera bageze mu ngo.

Ati “Iri gabanuka ry’abarenga ku mabwiriza ryaturutse ku bikorwa by’ubucuruzi bisigaye bifungwa guhera ku isaha ya saa kumi n’ebyiri z’umugoroba, bikagerwaho ku bufatanye bwa Polisi y’u Rwanda n’izindi nzego twavuga abanyerondo, urwego rwunganira Akarere mu gucunga umutekano, urubyiruko rw’abakorerabushake n’abayobozi mu nzego z’ibanze.”

Umubare w’abamaze gutahurwaho icyo cyorezo cya COVID-19 mu Rwanda kugera tariki ya 10 Mutarama 2021 wari 9,461, umubare w’abamaze gukira wari 6,956 bangana na 73.5 % by’abamaze gutahurwaho icyo cyorezo mu Rwanda, naho abari bakirwaye bari 2,387, mu gihe abari bamaze kubura ubuzima bari 118, naho ibipimo byari bimaze gufatwa mu Rwanda bikaba byari 765,086.

Ku isi abantu bamaze kwandura icyorezo cya COVID-19 babarirwa muri miliyoni 90, ibihumbi 381 na 294, kimaze guhitana abantu babarirwa muri miliyoni 1, ibihumbi 939 na 210, mu gihe abamaze gukira ari miliyoni 64, ibihumbi 638 na 930.

Ishami ry’umuryango wabibumbye rigaragaza ko hakirwaye abantu miliyoni 23, ibihumbi 803 na 154, muri bo abarembye ni 108,475 bangana na 0.5%.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka