Rutsiro: Komite z’abashumba zaciye urugomo muri Gishwati

Ubuyobozi bw’Akarere ka Rutsiro buratangaza ko aho hashyiriweho komite z’abashumba baragira mu ishyamba rya Gishwati nta rugomo ruherutse kuhagaragara.

Izi komite z’abashumba zigiye kumara hafi amezi 3 zishyizweho zagiyeho mu gihe byagaragaraga ko abantu bakundaga gutegwa n’abo bashumba bakamburwa ndetse bakanakubitwa, ariko ngo zomaze gutanga umusaruro nk’uko Gaspard Byukusenge, Umuyobozi w’Akarere ka Rutsiro abitangaza.

Yagize ati “twasanze mu ishyamba rya Gishwati harakorerwaga urugomo kandi rugakorwa na bamwe mu bashumba dusanga dukwiye kubaba hafi, nibwo twashyize ho komite zabo mu rwego rwo guhita iyo komite itanga amakuru ku buryo bwihuse”.

Abashumba bategeraga abagenzi mu muhanda uca muri Gishwati bakabambura utwabo.
Abashumba bategeraga abagenzi mu muhanda uca muri Gishwati bakabambura utwabo.

Umuyobozi w’akarere kandi yanakomeje atangaza ko naba nyir’inka bakanguriwe kwirukana abashumba bagira urugomo kandi bakababa hafi kugira ngo badaterera iyo.

Byukusenge atangaza ko akarere kishimira ko nta rugomo ruherutse muri iryo shyamba ndetse yongera gusaba abo bashumba kutongera kugira uwo bahutaza.

Umuyobozi w'Akarere ka Rutsiro avuga ko Komite z'abashumba zatanze umusaruro.
Umuyobozi w’Akarere ka Rutsiro avuga ko Komite z’abashumba zatanze umusaruro.

Abashumba bagiye bagaragaza urugomo nk’urwo bakunze kujya batabwa muri yombi ariko ngo uwo ubuyobozi bwasanze atari wo wagombye kuba umuti, ahubwo ko umuti ari ukubegera bakabigisha bityo bagacika kuri uwo muco wo gukorera urugomo abagenzi.

Iri shyamba rya Gishwati ryakunze gukorerwamo urugomo rikora ku Mirenge ya Kigeyo, Nyabirasi ndetse n’igice gito cy’Umurenge wa Ruhango.

Mbarushimana Aimable

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka