Rutsiro: Arashakishwa nyuma yo gukubita umwana we ngo bikamuviramo gupfa

Umugabo witwa Uwamahoro Alfred w’imyaka 40 utuye mu Kagari ka Rugeyo mu Murenge wa Murunda ho mu Karere ka Rutsiro aracyashakishwa n’inzego z’ubuyobozi nyuma yo gukubita umwana we bikamuviramo urupfu.

Byabaye mu ijoro ryo ku wa 05 Kanama 2015 ubwo Uwamahoro ngo yasangaga uwo mwana w’imyaka 12 witwa Niyigaba yamenaguye amatafari ise yari yarabumbye aramukubita umwana agerageje guhunga se amwirukaho agwa mu mukingo aravunagurika bamujyanye kwa muganga bamugezayo yashizemo umwuka.

Reberaho Rapfael, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Murunda avuga ko Uwamohora agishakishwa kuko akimara kumenya ko umwana yapfuye yahise atoroka.

Mbarushimana Cisse Aimable

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 2 )

Mushyireho amafoto yuwo mugome tumufate.

Nsabimana yanditse ku itariki ya: 8-08-2015  →  Musubize

I Murunda birakabije bisubireho kabisa kuko ubwicanyi bumaze gufata intera,muminsi mike ishije sibwo umugabo waho Murunda ya Rutsiro yishe umugore we n’umwana ra!!

K A Gogo yanditse ku itariki ya: 7-08-2015  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka