Rusizi: Impanuka ya RITCO yahitanye umwe abagera kuri 30 barakomereka (Amafoto)

Ahagana saa kumi n’imwe za mu gitondo zo kuri uyu wa gatanu tariki 01 Gashyantare 2019, imodoka ya RITCO ufite numero RAD 249 K yavaga i kigali yerekeza Rusizi yageze mu murenge wa Gihundwe ikora impanuka umuntu umwe yitaba Imana abandi benshi bagera kuri 30 barakomereka ariko bidakabije.

Ababonye iyi mpanuka bavuze ko yatewe n’imodoka ya Fuso yibye umuhanda maze umushoferi wa RITCO akayihunga, maze kubera n’urume rwo mu byatsi, ihita inyerera iragwa.

Turacyabakurikiranira iby’iyi mpanuka

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 3 )

birababaje kweri i i gihe ni murugo

jacques yanditse ku itariki ya: 3-02-2019  →  Musubize

The duhura nizi RItico buriya kanya!ziteye ubwoba mu mumuhanda!zirihuta cyane!!tuzitinya kubi!murebe akamaro kibiti Ku muhanda!iyo bitahaba hari gupfa nabandi

Muhire yanditse ku itariki ya: 1-02-2019  →  Musubize

Ziriya modoka zizamara abantu kubera umuvuduko ukabije,zigenderamo ninde utabibona!Fuso buriya bu Hiace zifite speed,gavnor,koko zikora??niba,zikora zisiga gute,izindi ndetse nizitazigira??ibaze rero nawe ihuye na,Ritco Polisi ikwiye kugenzura Ziriya modoka byumwihariko bakambara civil bakareba uko ziguruka naho ubundi izo modoka zizaguma,guhitana abantu*

Gakuba yanditse ku itariki ya: 1-02-2019  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka