Ruhango: Umusaza w’imyaka 74 bamusanze hafi yiwe yitabye Imana

Umurambo w’umusaza Niyibizi Straton bawusanze hafi y’urugo rwe mu mudugudu wa Kabiha akagari ka Mutara umurenge wa Mwendo mu karere ka Ruhango mu gihe cya saa tatu z’ijoro tariki 28/07/2013.

Murasira Bonaventure uyobora akagari ka Mutara avuga ko uyu musaza yari yiriwe mu bukwe bw’umukobwa abereye se wabo mu kagari ka Karima. Uyu musaza niwe wasabwaga uyu mukobwa.

Murasira avuga ko urupfu rw’uyu musaza rushobora kuba rwatewe n’umukingo uri hafi yiwe, kuko amaze guherekeza abashyitsi yahise ataha, bagakeka ko ashobora kuba yarawumanutseho akagwa hasi agahita apfa.

Gusa inzego z’umutekano zo zivuga ko zigomba gukora iperereza kugirango hamenyekane icyaba cyateye urupfu rwe. Umurambo wanyakwigendera wahise utwarwa mu bitaro bya Kabgayi.

Eric Muvara

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 2 )

Imana imwakire kandi Forty hamwe n’abawe mukomeze kwiyumanganya...turamwibuka mu gasengesho kacu...Ukomere.

Gahire yanditse ku itariki ya: 30-07-2013  →  Musubize

Uyu ni uwanjye. Yiciwe hafi yiwe nkuko byagaragajwe na raporo ya muganga. Yanizwe kugeza ubwo igufa rimeneka banamutera ikintu mu mutwe. Imana imwakire gusa

Kagoretti yanditse ku itariki ya: 29-07-2013  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka