RIB yataye muri yombi umukozi wo mu Bushinjacyaha

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwatangaje ko ku wa kabiri tariki 11 Gashyantare 2020 rwataye muri yombi umukozi wo mu Bushinjacyaha witwa Tuyisenge R. Christian.

Tuyisenge arakekwaho kwiyitirira umukozi wo mu biro bya Perezida wa Repubulika. Ngo yafashwe nyuma y’uko ahamagaye abantu batandukanye bakora mu nzego za Leta akabaha amabwiriza agamije inyungu ze, nk’uko RIB yabitangaje ibinyujije kuri Twitter.

Iperereza rirakomeje kugira ngo akorerwe dosiye ishyikirizwe Ubushinjacyaha.

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwaboneyeho no gusaba abaturarwanda kujya bitondera abantu babahamagara biyita ko ari abakozi mu biro bikuru bya Leta bababwira gukora ibintu biri mu nyungu zabo.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 5 )

Mbese umuntu wica amategeko nkana ayazi hari ikindi kintu kirenze ahanishwa? Biratangaje

Seth yanditse ku itariki ya: 12-02-2020  →  Musubize

Zimwe mu nyungu ze bwite yashakaga kugeraho ni izihe?

Isaac yanditse ku itariki ya: 11-02-2020  →  Musubize

Zimwe mu nyungu ze bwite yashakaga kugeraho ni uzihe?

Isaac yanditse ku itariki ya: 11-02-2020  →  Musubize

Mbanje kubasuhuza kubwamakuru mutugezaho dushimira nurwego ry’ubugenza cyaha (RIB) rudahwema gushyikiriza ubutabera abagaragayeho imikorere mibi Tuyisenge R.Christian nakurikiranwe ibyaha nibimuhama ahanwe nkuko amategeko abiteganya

Alias yanditse ku itariki ya: 11-02-2020  →  Musubize

Yatangaga ayahe mabwiriza?

Mucyo yanditse ku itariki ya: 11-02-2020  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka