Polisi yerekanye abantu batatu bakekwaho kwiyitirira Polisi bakiba abaturage

Polisi y’u Rwanda yeretse itangazamakuru abagabo batatu bakekwaho kwiyita abayobozi ba Polisi mu turere (District Police Commanders), bagahutaza abaturage babambura amafaranga.

Babiri muri aba bagabo batuye mu Karere ka Gicumbi bakaba barafatiwe mu cyuho bashaka kwaka ruswa y’amafaranga ibihumbi 100 umucuruzi w’inzoga witwa Nyiransekanwa Jean de Dieu, bavuga ko bamufashe yarenze ku mabwiriza yo kwirinda Covid-19.

Nyiransekanwa Jean de Dieu asobanurira abanyamakuru uko abo bantu bamusabye ruswa
Nyiransekanwa Jean de Dieu asobanurira abanyamakuru uko abo bantu bamusabye ruswa

Undi arakekwaho kwiyitirira urwego rwa Polisi rutanga icyemezo cyo gutwara ibinyabiziga aho yatekeye umutwe umubyeyi witwa Uwera Marie Chantal akamuha amafaranga amwizeza kumuha uruhushya rw’agateganyo (permis provisoire).

Uwera Marie Chantal na we ngo bamwatse amafaranga bamwizeza kumuha perimi
Uwera Marie Chantal na we ngo bamwatse amafaranga bamwizeza kumuha perimi

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, CP John Bosco Kabera, yavuze ko bagiye kubashyikiriza ubugenzacyaha, bagatangira gukurikiranwa, bahamwa n’ibi byaha bakazahabwa ibihano birimo igifungo cy’imyaka itatu.

Umuvugizi wa Polisi y'u Rwanda, CP John Bosco Kabera
Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, CP John Bosco Kabera

Byinshi kuri aba bagabo mwabisanga muri iyi Video:

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka