Polisi yafashe uwari wibye miliyoni zisaga enye z’Amafaranga y’u Rwanda

Polisi y’u Rwanda iratangaza ko yafashe uwitwa Hafashimana alias Jado w’imyaka 22 y’amavuko nyuma yo kwiba igikapu cyari kirimo amafaranga angana na 4,384,900Frw.

Uwo musore ngo yateruye igikapu cyari kirimo ayo mafaranga mu modoka y’umucuruzi witwa Hitayezu Dirigent.

Polisi ibinyujije kuri Twitter yatangaje ko ayo mafaranga n’ibindi bikoresho bitandukanye byasubijwe nyirabyo, mu gihe uwo musore we afungiye kuri sitasiyo ya Polisi ya Bugeshi.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 3 )

Muge musobanura inkuru nk’abanyamwuga.amafaranga yayibiye he? Bamufatiye he? Yafashwe gute? Umucuruzi yagendanaga amafaranga ajya he? Inkuru mwayimenye mute? Police yatanze ubuhe butumwa ku baturage? Murakoze!

Innocent yanditse ku itariki ya: 11-05-2020  →  Musubize

BABA NABO NTA MAKURU BAFITE!NDEBERA PE

BEN yanditse ku itariki ya: 13-05-2020  →  Musubize

Turashima police y’urwanda kbx kubayafashe icyogisambo

Hategekimana sam yanditse ku itariki ya: 10-05-2020  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka