Perezida Kagame yazamuye mu ntera ACP Rose Muhisoni

Perezida wa Repubulika Paul Kagame yazamuye mu ntera ACP Rose Muhisoni uherutse kugirwa Umuyobozi Mukuru wungirije mu Rwego rw’Igihugu rushinzwe Imfungwa n’Abagororwa (RCS).

ACP Rose Muhisoni yahawe ipeti rya DCGP (Deputy Commissioner General of Prisons).

ACP Rose Muhisoni
ACP Rose Muhisoni

Rose Muhisoni wahoze muri Polisi, yagizwe Umuyobozi Mukuru wungirije mu Rwego rw’Igihugu rushinzwe Imfungwa n’Abagororwa (RCS) mu Nama y’Abaminisitiri yateranye ku wa Gatatu tariki 13 Ukwakira 2021 iyobowe na Perezida wa Repubulika Paul Kagame.

Yungirije Umuyobozi Mukuru wa RCS, Juvenal Marizamunda, washyizwe kuri uwo mwanya na we aturutse muri Polisi y’Igihugu muri Mata uyu mwaka wa 2021, asimbuye George Rwigamba.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka