Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abasirikare 16 baminuje mu by’indege

Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yazamuye mu ntera abasirikare bato 16 babarizwa mu mutwe w’ingabo zirwanira mu kirere, bahita baba aba ofisiye bato (Junior officers).

Mu Kuboza 2018, Ingabo z'u Rwanda 50 zirwanira mu kirere zasoje amasomo yabo mu by'indege mu Ishuri ry'Ingabo za Ethiopia zirwanira mu kirere (Ethiopian Air Force Academy).
Mu Kuboza 2018, Ingabo z’u Rwanda 50 zirwanira mu kirere zasoje amasomo yabo mu by’indege mu Ishuri ry’Ingabo za Ethiopia zirwanira mu kirere (Ethiopian Air Force Academy).

Aba basirikare bagizwe n’abasirikare 10 bari bafite ipeti rya kaporali, na batandatu bari bafite ipeta ribanza mu ngabo ari ryo private, bakaba barangije mu ishuri ‘General Sir John Kotelawala Defence University’ muri Sri Lanka, bakaba barize iby’indege za gisirikare ubu bakaba batashye bafite impamabumenyi ya kaminuza bakaba bazitwa ‘aeronautical engineers’.

Aba basirikare bakaba bahise bashyirwa n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda ku ipeta rya lieutenant.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 2 )

Ni byiza nibyagaciro kanndi turishimye gusa bakomerezezeho

Betty yanditse ku itariki ya: 1-11-2019  →  Musubize

Etiopia yabaye Sir Lanka se?

Innocent yanditse ku itariki ya: 5-10-2019  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka