Nyamata: Hafashwe inzererezi 31 n’Abarundi 13 badafite ibyangombwa

Mu ijoro rishyira tariki 26/11/2013 mu mudugudu wa Rugarama na Nyabivumu mu murenge wa Nyamata mu karere ka Bugesera hakozwe umukwabo maze uta muri yombi inzererezi 31 ndetse n’Abarundi 13 badafite ibibaranga.

Polisi ikorera mu karere ka Bugesera iravuga ko yakoze uwo mukwabu igamije guta muri yombi bamwe mu bahungabanya umutekano ndetse no gufata ibiyobyabwenge nk’uko bivugwa na Supt. Kinani Donat.

Yagize ati “izi nzererezi zatawe muri yombi zigiye gushyirwa mu kigo ngororamuco cya Gitagata maze zigishwe nyuma bazasubizwe mu miryango yabo”.

Abenshi nta murimo uzwi bakoraga.
Abenshi nta murimo uzwi bakoraga.

Avuga ko kubijyanye n’Abarundi batawe muri yombi bagiye gusubizwa igihugu cyabo nkuko bisanzwe bigenda kandi ibihugu byombi bisanzwe bikorana neza.

Umuyobozi wa Polisi mu karere ka Bugesera arashimira kandi abaturage uburyo bakomeje gukorana na polisi ndetse n’inzego z’umutekano, akaba abasaba gukomeza ubwo bufatanye.

Egide Kayiranga

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka