Nyabugogo: Umujura yihishe mu muferege baramubura

Mu ma saa yine y’igitondo cyo kuri uyu wa mbere tariki 26/03/2012, umujura yibye icyuma gifite agaciro gasaga million y’amafaranga yu Rwanda i Nyabugogo ku mashyirahamwe yihisha mu muferege (rigori) utwara amazi abantu baramushakisha baramubura.

Hari abagerageje kwinjira muri iyo rigori bamushakisha ariko ntibabashije kumubona kubera ko hatabonaga kandi harimo n’izindi rigori nyinshi zishamikiye ku nini ituruka kuri gereza nkuru ya Kigali.

Nyabugogo hari imiferege (rigori) myinshi itandukanye kandi yose ifite aho ihurira bityo kubona uko bakurikira uwinjiyemo ntibyoroha.

Aho umujura yinjiriye mu muferege ahagana ku mashyirahamwe
Aho umujura yinjiriye mu muferege ahagana ku mashyirahamwe

Kigalitoday.com yahageze isanga uwibwe yagiye kwiyambaza inzego zishinzwe umutekano kugira ngo abe yasubizwa ibye.

Jovani Ntabgoba

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

uwo mubire yaberetse nyarugenge

######## yanditse ku itariki ya: 26-03-2012  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka