Nyabihu: Amaze kurambirana kubera kwiba abaturage

Nshimiyimana Iradukunda uzwi ku izina rya Ragadi yafashwe n’abaturage mu Kagari ka Rubaya mu Murenge wa Mukamira mu Karere ka Nyabihu, tariki 10/04/2012, akekwaho kwiba ibiro 40 by’ibirayi mu mirima y’abaturage.

Ragadi yiyemereraga ko yibye ibirayi akabigurisha amafaranga 4500. Yiba akoresheje imbwa afite zibanza gukanga abaturage baba abo mu ngo cyangwa abarinze imyaka nk’ibirayi mu murima nyuma akaza kwiba; nk’uko bamwe mu baturage bamuzi bari banamufashe babitangaje.

Ragadi yafashwa n'abaturage amaze kugurisha ibirayi yibye mu mirima y'abaturage
Ragadi yafashwa n’abaturage amaze kugurisha ibirayi yibye mu mirima y’abaturage

Ubujura nk’ubu si ubwa mbere bukozwe mu kagari ka Rubaya kuko hashize igihe kitageze ku mezi 2 hafatiwe undi muntu mu cyuho wakekwagaho kwiba intama yari iziritse aho bari bayijyanye kurisha afatwa amaze kuyizitura ayijyanye.

Abaturage barasabwa kurushaho kuba maso bakarwanya ubujura, bakarushaho no gukaza amarondo mu rwego rwo kurwanya abitwikira amajoro bakajya kwiba bagenzi babo.

Ragadi ni mwene Nzapfurundi Jotam na Claudine Faraziya bo mu murenge wa Mukamira mu Kagari ka Rubaya mu mudugudu wa Kaburende.

Safari Viateur

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka