Ntimugatinye ibitumbaraye – Perezida Kagame
Akomoza ku magambo amaze iminsi avugwa n’Abakuru b’ibihugu bya Repubulika Iharanira
Demukarasi ya Congo n’u Burundi ko bazatera u Rwanda, Perezida Kagame yabwiye abitabiriye Inama y’Umushyikirano ya 19 ko nta Munyarwanda ugomba gutinya ibitumbaraye.
Nubwo mu nama zo mu rwego rwo hejuru zibera mu Rwanda haba hari abashinzwe gusemura mu Cyongereza no mu Gifaransa, iyo Umukuru w’Igihugu afite ubutumwa bwihariye ashaka kugeza ku Banyamahanga, abyivugira mu Cyongereza kugira ngo yizere ko babyumvise 100% nta wundi binyuzeho.
Ni nako yabigenje mu ijambo ritangiza ku mugaragaro Inama y’Umushyikirano ibaye ku nshuro ya 19, ubwo yakomozaga ku magambo amaze iminsi avugwa n’Abakuru b’ibihugu by’ibituranyi baherutse kwerura bavuga ko bazatera u Rwanda.
Perezida Kagame yagize ati “Nabwiye inshuti zacu, izi nshuti zacu zifite imbaraga, ndetse nabivugiye ku mugaragaro…iyo ari ibintu bireba kurinda iki Gihugu cyababaye kuva kera kikabura umuntu ugitabara, nta n’umwe nkeneye gusaba uruhushya rwo gukora icyo tugomba gukora ngo twirinde. Nabivuze ku manywa y’ihangu, nabibwiye abarebwa n’iki kibazo kandi ni ko bizagenda. Nimujye iwanyu muryame…nta kintu kizambuka umupaka w’iki Gihugu cyacu gito…nihagira umuntu n’umwe ubigerageza….”
Perezida Kagame yakomeje agira ati “Rero ntimugatinye ibitumbaraye ….uba umeze nk’igipirizo umuntu ashobora gukozaho urushinge gusa …. aho twari turi mu myaka 30 ishize, nta kindi kintu kibi kirenzeho gishobora kutubaho, na none kandi ibyo bivuze ko nuramuka udushyize ahantu dushobora gutekereza ko dusa n’abasubiye muri cya gihe, aho uzitegure ko tuzarwana nk’abadafite icyo gutakaza, kandi abazabihomberamo si twe.”
Sinigeze nsubiza ibitutsi byaturutse mu Majyepfo, mu Burengerazuba…biriya ntawe byica, rero sinata umwanya wanjye, twe si uko duteye ariko bazashyira babone isomo ko bakoze ikosa rikomeye.”
Inkuru zijyanye na: Umushyikirano 2024
- Abahanzi bavuga iki ku kuba batumirwa mu nama za Politiki bagasusurutsa abazitabiriye?
- Ibibazo abaturage babajije Perezida Kagame mu Mushyikirano n’uburyo yabisubije
- Perezida Kagame yageneye ubutumwa abafite umugambi wo guhirika ubutegetsi bw’u Rwanda
- Umubyibuho usigaye ari ikimenyetso cy’indwara zitandura
- Iby’ingenzi byaranze #Umushyikirano2024 (Amafoto +Videwo)
- Nyanza: Urubyiruko rwo ku Mayaga rwifuza kwegerezwa ‘YEGO Center’
- Perezida Kagame yanenze abayobozi bakorana batavugana
- Kurya kabiri ku munsi byari amateka - Ubuhamya bwa Harerimana Emmanuel ubu ufasha abandi
- Kugira ngo icupa rimwe ry’inzoga rive mu mubiri bisaba amasaha 16 - Impuguke
- Amajyaruguru: Ibikorwa remezo byubakwa ntibirangire bidindiza iterambere
- Ruswa n’amarozi biri mu byaciye Perezida Kagame ku bibuga by’umupira w’amaguru
- Burera: Urubyiruko rwagaragaje ikibazo cy’uko rutagira agakiriro
- Sinigeze ngira inzozi zo kuzaba Minisitiri – Minisitiri Dr Utumatwishima
- Imanza za Gacaca zagize uruhare mu kuzamura ubumwe bw’abanyarwanda - Minisitiri Bizimana
- Mu Rwanda hategerejwe imbangukiragutabara zigera kuri 200 - MINISANTE
- U Rwanda ruragaragaza uko DRC ihembera ingengabitekerezo ya Jenoside amahanga arebera
- Abajyanama b’Ubuzima bagiye kongererwa ubushobozi bwo gupima indwara zitandura
- Hari abifuza ko no mu bworozi hashyirwamo Nkunganire
- Leta y’u Rwanda izakemura ikibazo cy’abanyeshuri bigaga muri Ukraine
- Ibintu byo kujya baducyurira indagara turashaka kubirandura - Minisitiri Musafiri
Ibitekerezo
Ohereza igitekerezo
|