Musanze: Mu cyumweru kimwe hafashwe abamotari barenga 20 batwaye abagenzi

Mu mukwabu uherutse gukorerwa mu Mujyi wa Musanze no mu nkengero zawo mu mihanda yerekeza mu Karere ka Nyabihu n’aka Burera, mu cyumweru kimwe hamaze gufatwa moto 24, zarenze ku mabwiriza ya Leta zikomeza akazi ko gutwara abagenzi.

Moto zafashwe zifungiye kuri Polisi Sitasiyo ya Muhoza
Moto zafashwe zifungiye kuri Polisi Sitasiyo ya Muhoza

Nk’uko Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyaruguru, CIP Alexis Rugigana yabitangarije Kigali Today, yavuze ko abamotari benshi bakomeje kurenga ku mabwiriza bagatwara abagenzi.

Yagize ati “Muzi ko ingendo z’abamotari zo gutwara abantu zabujijwe, ariko hari abo dufata babirenzeho bagatwara abagenzi, mu cyumweru kimwe dufashe moto 24 amagare yo ntiwabara”.

Avuga ko abo bamotari bafatwa babanje kubeshya inzego zishinzwe umutekano ko bagiye guhaha, bakanyuranya n’amabwiriza ya Leta bagatwara abagenzi.

Ati “Ubundi icyo moto zemerewe byibuze ni uko iyo moto yaba igenda inapakiye umuzigo, umumotari avuga ngo wenda agiye kugemurira abantu ibyo kurya mu makaritsiye cyangwa mu midugudu.

Ariko si ko bimeze, abantu bakomeje kubirengaho bagatwara abagenzi nk’uko byari bisanzwe. Ni ibintu dusaba abaturage ngo babyumve, ko gahunda twahawe n’ubuyobozi bukuru ngo tugume mu rugo, tugende mu ngendo ziri ngombwa izitari ngombwa tuzireke mu gukumira icyo cyorezo cya COVID-19”.

CIP Rugigana yavuze ko abo bamotari bakomeje kurenga ku mabwiriza yo gukumira COVID-19, bamwe bacibwa amande abandi bagakorerwa dosiye bitewe n’uburemere bw’icyaha yafatiwemo.

Ati “Ubu icyo turimo, ni ugukumira ikwirakwizwa rya COVID-19, icyo gihe ufashwe ahanishwa amande kuko yarenze ku mabwiriza, cyangwa itegeko rigakurikizwa akaba yakorerwa dosiye bitewe n’uburemere bw’icyaha”.

Umuvugizi wa Polisi avuga ko nubwo hari abamaze gufatirwa mu makosa anyuranye, abaturage benshi bamaze kumva neza uburyo bwo kwirinda Coronavirus haba mu buryo bitwara, mu masoko n’ahandi hahurira abantu benshi.

Asaba abaturage gukomeza kubahiriza amabwiriza ya Leta, kandi batungira agatoki inzego zishinzwe umutekano abo babonye bakora ibikorwa byashyira abantu mu kaga ko kwandura COVID-19.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka