Lt Col Ronald Rwivanga yagizwe umuvugizi mushya w’Ingabo z’u Rwanda

Lt Col Ronald Rwivanga yagizwe umuvugizi mushya w’Ingabo z’u Rwanda (RDF), akaba asimbuye Lt Col Innocent Munyengango wari usanzwe muri uyu mwanya.

Lt Col Rwivanga yari asanzwe ashinzwe ibyerekeranye n’amasomo mu Ishuri rikuru rya Gisirikare (RDF Command and Staff College).

Yahoze kandi mu ngabo zirinda umukuru w’igihugu (Republican Guard) ashinzwe imyitozo n’ibikorwa.

Asimbuye Lt Col Innocent Munyengango wari umaze imyaka itatu kuri uwo mwanya, dore ko yagizwe Umuvugizi w’ingabo z’u Rwanda mu Kwakira 2017.

Lt Col Innocent Munyengango ni we wari umuvugizi wa RDF
Lt Col Innocent Munyengango ni we wari umuvugizi wa RDF
kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

Munyengango nabonaga adashoboye ibintu byose yavugaga ko nta makuru yabitangaho

mahame yanditse ku itariki ya: 29-12-2020  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka