Kirehe: Yapfuye amarabira ubwo yiteguraga kujya ku kazi

Nyiramahirwe Christine w’imyaka 46 wo mu Kagari ka Ruhanga mu Murenge wa Kigina mu Karere ka Kirehe wari umucuruzi w’imiti (Farumasi) mu isantere ya Nyakarambi yitabye Imana mu gitondo cyo kuwa 10 Mata 2015 ubwo yiteguraga kujya ku kazi.

Nyiransabimana Perpetue, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Ruhanga avuga ko Nyiramahirwe yahamagaye umumotari usanzwe amujyana ku kazi ava mu nzu ageze mu muryango atangira kudandabirana.

Ngo umumotari yaramufashe yicaraho gato arongera aragenda ariko ataka ko aribwa mu gifu, bamaze gusohoka mu gipangu ashaka kurira moto ngo ajye ku kazi yitura hasi umwana we wari aho afatanya na wa mumotari bamuryamisha mu nzu mu minota mike ahita apfa.

Umwana we avuga ko nyina yari asanzwe arwara igifu bakaba bakeka ko aricyo cyamuhitanye.

Servilien Mutuyimana

Ibitekerezo   ( 4 )

nukwihangana imana,imwakire narinikanze.ngizengo namarozi

NIZEYIMANA VIATEUR yanditse ku itariki ya: 14-04-2015  →  Musubize

Mwihangane. Nibura ubwo umwana we yabirebaga hari urundi rwikekwe ruvuyeho. Bibaho mu buzima, wasanga no kwa muganga ntacyo batakoze.

tommy yanditse ku itariki ya: 13-04-2015  →  Musubize

uwowatashye imana imwakiremubayo twihanganishije umuryangowe cyane uwomwana yapfiriye mumaboko.

vincent yanditse ku itariki ya: 12-04-2015  →  Musubize

Imana imwakire mû bayo

Bibaho

kurenock yanditse ku itariki ya: 12-04-2015  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka