Ingabo z’u Rwanda zungutse abasirikare bashya (Amafoto)

Ingabo z’u Rwanda(RDF) zungutse abandi basirikare bashya ku wa Gatandatu tariki 28 Kanama 2021 nyuma y’imyitozo yabereye mu kigo cya Gisirikare i Nasho mu Karere ka Kirehe mu Burasirazuba bw’u Rwanda.

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, Gen Jean Bosco Kazura ari mu Bayobozi b’Igisirikare bakurikiranye imyitozo ya nyuma yakorewe ku butaka no mu mazi, ashimira abahungu n’abakobwa bagaragaje ubumenyi mu gukoresha intwaro n’imibiri yabo.

Gen Kazura yabashimiye kuba barahisemo neza bakemera kuba bamwe mu bagize umuryango mugari w’Ingabo z’u Rwanda urinda ubusugire bw’Igihugu n’abagituye.

Gen Kazura yagize ati “Nta mpungenge zihari ko mutazagera ku ntego yanyu mushingiye ku masomo mwize nk’uko mwabigaragaje uyu munsi. Muri imbaraga z’abaturage kuko mwishyize hamwe n’abababanjirije mu kurinda no guteza imbere Igihugu cyanyu.”

Uwitwa Pte Uwizeyimana Mwadjuma uri mu bashoje imyitozo ya gisirikare i Nasho avuga ko atewe ishema no kwinjira mu Ngabo z’u Rwanda.

Minisiteri y’Ingabo ivuga ko kwinjiza mu gisirikare amaraso mashya no gushyira mu zabukuru abatagifite imbaraga ari ihame rituma Igisirikare cy’u Rwanda gihora cyiteguye.

Amafoto: RDF

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 4 )

Cyokubaumusirikare

Niyonkuru david yanditse ku itariki ya: 28-12-2021  →  Musubize

Urwanda oye

Ahishakiye samuel yanditse ku itariki ya: 1-09-2021  →  Musubize

Ndishimye cyane kubwigihugu cyacu gikomeje kuturindira umutekano ndanashina president wac kagame poul

Ahishakiye samuel yanditse ku itariki ya: 1-09-2021  →  Musubize

Dushimiye. Let yurwanda ikomeje kudusha Kira umutekano ukomeye

NTIVUGURUZWA yanditse ku itariki ya: 30-08-2021  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka