Imodoka yakoze impanuka ku Gitikinyoni ariko nta wapfuye

Imodoka yo mu bwoka bwa FUSO ifite purake RAB 466 M yari yikoreye amakara iyavanye Gikongoro yageze ku Gitikinyoni mu mujyi wa Kigali irahirima mu gihe cya saa cyenda z’amankwa tariki 28/03/2012, ku bw’amahirwe abari bayirimo ntibagira icyo baba.

Forida Gerard, wari utwaye iyi modoka yavuze ko iyi mpanuka yatewe n’imigozi yari ihambiriye imifuka y’amakara yahambutse, bituma imodoka igaruka uruhande rumwe iba irahirimye.

Izindi modoka zari zabuze aho zinyura
Izindi modoka zari zabuze aho zinyura
Aha barwanaga no kuyegura
Aha barwanaga no kuyegura

Ababonye iyi mpanuka ikiba bavuze ko iyi mpanuka yatewe n’uburemere bw’ibyo imodoka yari yikoreye kuko yarimo imifuka y’amakara isaga 200.

Eric Muvara

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka