Imodoka itwara abagenzi yakoze impanuka ikomeretsa 13

Imodoka itwara abagenzi yavaga mu mujyi wa Gisenyi igana mu karere ka Karongi yakoze impanuka tariki 05/04/2012 ahagana saa moya za nijoro ikomeretsa abantu 13 harimo umubyeyi utwite.

Iyi mpanuka ishobora kuba yatewe n’imodoka ifite ibibazo nk’uko umwe mu barokotse iyo mpanuka yatangarije Kigalitoday. Maniteze Stokia yagize ati “twahagaze inshuro enye mu muhanda batubwira ko mazutu yanduye bagiye kuyivanamo.”

Abdul Karim Ndungutse na we warokotse iyi mpanuka yavuze ko uretse ibibazo imodoka yari ifite yari inatwaye imitwaro myinshi.

Iyi modoka yakoreye impanuka ku musozi wa Nyamyumba. Abagenzi bari bayirimo bahise batabarwa na Polisi y’Igihugu bajyanwa mu kigo nderabuzima cya Kavumu nyuma nibwo baje kujyanwa mu bitaro bikuru bya Gisenyi.

Umwe mu bakomeretse
Umwe mu bakomeretse

Umuganga uri kubakurikirana yatangaje ko babiri muri bo batakomeretse cyane bakaba basezerewe, abandi cumi n’umwe baracyakurikiranwa harimo n’umubyeyi utwite.

Abenshi bategereje mitiweli zabo ngo bavurwe neza kuko bahawe ubuvuzi bw’ibanze gusa.

Pascaline Umulisa

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 2 )

Indembe ntikwiye gutegereza mutuelle, banza uvure noneho ibindi bisabwe nyuma kuko utanafite mutuelle wakwiyishyurira ariko ubuzima bugatabarwa hakiri kare.
Ntibizoroha erega. Imana Niyonkuru.

yanditse ku itariki ya: 10-04-2012  →  Musubize

birababaje kubona abantu basigaye bazira imodoka zishaje.
polisi nidufashe kabisa!!!!!!!!!!!!!

mabuye yanditse ku itariki ya: 8-04-2012  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka