Idamange aravugwaho gukomeretsa umupolisi mu mutwe
Polisi y’u Rwanda yatangaje ko kuva tariki 31 Mutarama 2021, umugore witwa Idamange Iryamugwiza Yvonne w’imyaka 42 y’amavuko yagaragaje imyitwarire idasanzwe, irimo ibintu bya Politiki, ubugizi bwa nabi n’indi myitwarire yerekeranye no guteza imvururu. Ibyo byatumye inzego z’umutekano zitangira gukurikiranira hafi iyo myitwarire ye.
Itangazo rya Polisi y’u Rwanda rivuga ko Polisi ifatanyije n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), nyuma y’ubwo bugenzuzi, izo nzego zataye muri yombi Idamange Iryamugwiza Yvonne, akaba akekwaho ibyaha byo guteza imvururu cyangwa imidugararo muri rubanda, kwigomeka ku nzego z’umutekano no gukomeretsa umwe mu bashinzwe umutekano.
Polisi yatangaje ko Iryamugwiza yakomerekeje umwe mu bashinzwe umutekano akoresheje icupa yamuteye mu mutwe, ahita ajyanwa igitaraganya ku bitaro bya Kacyiru kugira ngo avurwe.
Inkuru zijyanye na: Idamange
- Idamange yahakanye ibyaha byose aregwa
- Dosiye ya Idamange irarara ishyikirijwe Ubushinjacyaha - RIB
- Bamporiki yasobanuye impamvu yasuye Idamange
- CNLG yavuze ko Idamange agomba gukurikiranwa n’ubutabera kubera ibyaha akekwaho
- RIB yataye muri yombi Idamange
- Intore Massamba, Butera Knowless n’ibindi byamamare bamaganye abapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi
- Abacitse ku icumu rya Jenoside baramagana Idamange uyipfobya
Ibitekerezo ( 2 )
Ohereza igitekerezo
|
Ibintu ntibyoroshye Koko numumama wakaduhaye urugero nawe nibi aba arimo atwereka twakamukuyeho uburere bwiza mumubyeyi nonex ubwo urubyiruko tumwigireho iki Koko
Bamumuburanishe nahamwa nicyah akanirwe urumukwiye
Ahaa🙄
Nta narimwe ubwigomeke buzigera buhesha ikiremwamuntu amahoro ni ukuri.
Kwigomeka si byiza bavandimwe banyarwanda!