Gakenke: Umwarimu yishwe ajugunywa mu musarani iwe
Barushwabusa Marie Goreti wari umurezi ku Rwunge rw’Amashuri rwa Nemba ya Mbere yitabye Imana yishwe n’abantu bagishakishwa mu ijoro ryo ku cyumweru tariki 05/05/2013 barangije bamujugunya mu musarani iwe.
Uyu mwarimu uri hejuru y’imyaka 50 yari atuye mu Mudugudu wa Buranga, Akagali ka Buranga mu Murenge wa Nemba.
Nyakwigendera ntiyagize amahirwe yo kubyara umwana n’umwe ariko yakiriye umwana w’imfubyi binyuze mu mategeko akiri muto aramurera kugeza akuze, akaba ari we ukekwa ko yamwishe.

Uwimana ufite imyaka 28 waburiwe irengero, ngo yahoraga yigamba ko azica nyakwigendera kubera ko yamubujije kurongorera mu rugo. Urupfu ry’uyu mubyeyi rwamenyekanye mu gitondo cyo kuri uyu wa mbere tariki 06/05/2013 kubera abarimu bigishanya na we batamubonye ku ishuri kandi umwuzukuru we wari urwaye amwohereza kwiga.
Hatangishaka Francois Roger wakoranaga na nyakwigendera yatangarije Kigali Today ko umwuzukuru (umwana wa Uwimana) we yababwiye ko yumvise nijoro ibintu bihondagura, abarimu bagira impungenge yo kuba yishwe kuko bari basanzwe bazi ko hari umwana we umumereye nabi.

Yaje ari kumwe n’umukozi we ukora mu rugo bahamagaye bumva ntavuga. Mu gihe batekerezaga gufata icyemezo cyo kwica urugi ngo barebe niba arimo, babonye amaraso ku muryango batangira gushakisha babona umwenda we munsi y’inzu n’umurambo wa nyakwigendera bawusanga mu musarani utari ugikoreshwa.
Hatangishaka avuga ko akeka ko yamuhoye ko yamubujije kurongorera mu rugo. Agira ati: “umwana yari umwana w’ikirara pe, muri iyi minsi yazanye umugore mu ibanga abaho nk’umujura umucekuru atabizi… umugore amaze kuboneka barabirukanye ngo bave mu rugo ndakeka ko ari cyo bapfaga.”
Evaritse Ngirimana, umukozi wa nyakwigendera avuga ko yamuherukaga ku cyumweru ahagana saa kumi. Yongeraho ko akeka ko umuhungu we Uwimana ari we wamwishe kuko yahoraga yigamba ko azamwica.
Ati: “Uwo twakeka ni umuhungu we yahoraga avuga ko azamwica, ngo hari n’umukecuru yabwiye ko azamwica bari kumwe.”
Bashobora kuba bapfaga imitungo kuko uwo muhungu yashakaga ko amuha inzu imwe mu zo akodesha; nk’uko Ngirimana akomeza abisobanura. Barushwabusa Marie Goreti yari umupfakazi akaba yabanaga gusa n’umuzukuru we.

Abaturage benshi bari mu rugo rwa nyakwigendera bigaragara ko bacitse umugongo kubera urwo rupfu bategereje ko umurambo wa nyakwigendera ukiri muri musarane ukurwamo.
Polisi yatangiye iperereza ngo hamenyekane abagize uruhare mu rupfu rwa nyakwigendera.
Umwaka ushize, abana babiri bo mu Karere ka Gakenke, umwe wo muri uwo murenge n’undi wo mu Murenge wa Coko bishe ababyeyi babo bapfuye ubwukimvane buke bushingiye ku mitungo.
Nshimiyimana Leonard
Ibitekerezo ( 10 )
Ohereza igitekerezo
|
Ariko bantu mukurikirana mwite ku murenge wa Nemba mu Karere ka Gakenke. Kuko mugihe gito habereye ubwicanyi bwinshi. Kandi ari abantu baho bicana hari umubyeyi uherutse kwica umwana we amujugunya mu rutoki yorosaho ifumbire.
Ariko bantu mukurikirana mwite ku murenge wa Nemba mu Karere ka Gakenke. Kuko mugihe gito habereye ubwicanyi bwinshi. Kandi ari abantu baho bicana hari umubyeyi uherutse kwica umwana we amujugunya mu rutoki yorosaho ifumbire.
rwose birababaje imana imwkire
Birababaje biteye n’agahinda kubona umuntu yicwa nuwo yigize umwana ataramukomotseho
Imana imwakire mu bayo
ubwicanyi bumaze kwimonogoza muri iyi minsi,igihano cyo kwica gikwiriye kugarukaho ku bicanyi.
Niba uriya mwana yareraga yarajyaga avuga ariya magambo ko azamwica,none akaba yanabuze nyuma y’uko mama we apfa,mbona ariwe washakishwa byihuse ubundi akisobanura,naho ubu bugizi bwa nabi burakabije.
Uyu mukecuru yanyigishije umwaka wa 6 aho i NEMBA mpita natsindira gukomeza secondaire, yakundaga abantu cyane. ikimbabaje kurushaho n’uko n’uwari umugabowe yapfuye yishwe n’abagizi ba nabi batigeze bamenyekana hasjize imyaka irenga 10. ndibuka aba babyeyi bombi kera bajyaga bakoresha umunsi mukuru w’abana maze tugahurirayo bakadutetesha turi abana benshi none twahahuriye tugiye nawe kumushingura birababaje.
uyu mubyeyi yambereye mwarimu mu mwaka wa gatandatu pe yari intwari kuko yari yaranatowe nka marayika murinzi mu karere ,uwamwishe yamureze akiri muto,IMANA IMWAKIRE
yooo......ubu se kweli nka Goreti bamuhoye iki umuntu mwiza wakundaga kwita ku bantu bafite ibibazo,Isi ntigira inyiturano uwiturwa ineza n.uwo yayigiriye aba agira IMANA!
uwuzafatwa azabihanirwe byintangarugero kuko birababajeee