Bari mu maboko ya Polisi bazira kwiba mudasobwa ngendanwa

Samuel Nsengiyumva na Samuel Rugaba bafungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Gisozi mu karere ka Gasabo kuva tariki 28/05/2012 bazira kwiba mudasobwa ngendanwa (laptops).

Polisi y’igihugu yataye muri yombi Nsengiyumva nyuma y’uko abaturage bicungira umutekano i Gaculiro mu murenge wa Gisozi bayihaye amakuru avuga ko Nsengiyumva ari umujura, bityo imufatana mudasobwa ngendanwa yibye.

Polisi yafashe kandi witwa Samuel Rugaba ushinjwa na Isidore Niyonsaba kumwiba mudasobwa ngendanwa. Ubwo Polisi yajyaga gusaka kwa Rugaba yahakuye mudasobwa ngendanwa ebyiri zari zaribwe; nk’uko Polisi y’igihugu ibitangaza.

Itabwa muri yombi ry’abo bantu n’ifatwa ry’izo mashini zibye byerekana ubufatanye bwiza bwa Polisi y’igihugu n’abaturage; nk’uko Umuvugizi wa Polisi, Supt.Theos Badege, abitangaza. Akomeza avuga ko guhanaguhana amakuru na Polisi mu rwego rwo gukumira ibyaha biri mu nyungu z’abaturage.

Umuvugizi wa Polisi atangaza ko Polisi itazihanganira abanyabyaha kuko ifite inshingano zo kubakurikirana bagatabwa muri yombi mu rwego rwo kurinda umuryango nyarwanda ibyaha.

Yasabye abaturage guhanahana amakuru n’inzego z’umutekano kugira ngo abanyabyaha batabwe muri yombi maze bashyikirizwe ubutabera.

Nshimiyimana Leonard

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

Oya rwose ahubwo Samuel Rugaba niwe wareze Isidore Niyonsaba ko yamwibiye Laptop.

ka yanditse ku itariki ya: 30-05-2012  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka