Abantu 5 b’inzererezi bohererejwe akarere ka Nyanza
Kuri uyu wa gatanu tariki 10/02/2012 akarere ka Ruhango koherereje akarere ka Nyanza abantu batanu b’inzererezi n’imburamukoro bahavuka.
Abo bantu bafatiwe mu gikorwa cy’umukwabo ubuyobozi bw’akarere ka Ruhango bufatanyije na polisi y’igihugu muri ako karere basanzwe bakorana cyo guta muri yombi inzererezi n’imburamukoro.
Ubuyobozi bw’ikigo izo mburamukoro zibanza kunyuzwamo zihabwa inyigisho mbere y’uko zoherezwa mu turere zaturutsemo buvuga ko abo bantu batanu bafashwe batagira ibyangombwa ariko mu kwisobanura bavuga ko bavuka mu karere ka Nyanza.
Umuyobozi w’icyo kigo, Bashima Hussein, yagize ati “Nyuma yo kubigisha no kubagira inama zo kureka ubuzererezi byabaye ngombwa ko tubazana mu karere ka Nyanza batubwiye ko ariho bakomoka”.
Abo bantu b’inzererezi bazaniwe ubuyobozi bw’akarere ka Nyanza bavuga ko bagiye mu karere ka Ruhango bagiye kuhashakira akazi.
Abafashwe bakazanwa mu karere ka Nyanza barimo abitwa: Bihoyiki Emmanuel, Uwihanganye Josee, Niyomuhoza Esperance, Mvuyekure Isaie na Byasano Frederic.
Ubuyobozi bw’akarere ka Nyanza bwishimiye kwakira abo bantu bavuga ko bavuka muri ako karere ariko bakaba bari baribereye inzererezi n’imburamukoro mu karere ka Ruhango gahana imbibi n’akabo.
Jean Pierre Twizeyeyezu
Ibitekerezo ( 1 )
Ohereza igitekerezo
|
UYU MUPOLISI YAKANIYE NDABONA NTAHO BAMUCIKIRA KABISA.
COURAGE MEYA WA Ruhango
Urakora neza cyane!!!!!!!!