Rwamagana: Kugenda ku igare byahagaritswe mu mujyi

Kuva mu ntangiriro z’uku kwezi k’u Kuboza, abari basanzwe bagenda ku magare mu mujyi wa Rwamagana, cyane cyane abayatwaraho abantu baragenda bafatwa n’inzego zinyuranye z’umutekano, babwirwa ko kugenda ku igare mu mujyi wa Rwamagana byaciwe.

Ubu ugeze mu mbibi zitwa iz’Umujyi wa Rwamagana wese ategetswe kuva ku igare akagenda arisunika kugeza arenze imbibe z’ahitwa mu mujyi.

Ubuyobozi bw’Akarere ka Rwamagana buravuga ko icyi cyemezo kimaze igihe kirekire gifashwe, kuko ngo kugenda ku magare no kuyatwaraho ibintu mu mujyi byagiye biteza impanuka kenshi.

Ibi ngo nibyo byatumye ubuyobozi bufata icyo cyemezo cyo kubuza burundu abantu bose kwambukiranya umujyi wa Rwamagana bagenda ku igare cyangwa baritwayeho imitwaro.

Gusa abatwara amagare bakomemeje kurenga kuri ayo mabwiriza, ariko inzego zose z’ubuyobozi muri Rwamagana ziri gufatanya n’inzego zishinzwe umutekano mu kwibutsa no guhwitura abakoresha amagare bose ko bibujijwe kugenda ku igare mu mujyi.

Hatari Jean d’Amour

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka