Ruhango: Yasanze mukeba we amwiba amusatura umunwa

Umubyeyi witwa Urayeneza Marie utuye mu mudugudu wa Munini, akagari ka Rukina, umurenge wa Kinihira mu karere ka Ruhango, yasanze mukeba we witwa Nyiranzajyankundimana Atoinette amwiba ibitoki aramuhururiza maze nawe ahita aramwadukiriye amuhondagura amabuye amusatura umunwa.

Urayeneza avuga ko hari hashize igihe abwira ubuyobozi bw’umudugudu ko Nyiranzajyankundimana amwibira ibitoki n’ubwatsi bw’inka, ubuyobozi bugaterera agati mu ryinyo buvuga ko ari amakimbirane y’imiryango.

Urayeneza utuye mu gasantere ka Rukina, tariki 12/03/2012, yagiye ku isambu ye ari naho Nyiranzajyankundimana atuye, asanga abana barimo kwahira ubwatsi bw’inka ze.

Yahise atabaza umukuru w’umudugudu ngo aze arebe ibyo ahora avuga ko ari amakimbirane yo mu ngo. Nyiranzajyankundimana yahise yegera Urayeneza amuhata ibuye kugeza ubwo umunwa usadutse.

Urayeneza Marie yasadutse umunwa
Urayeneza Marie yasadutse umunwa

Nyiranzajyankundimana aracyashakishwa n’inzego z’umutekano kugira ngo zimushyikirize ubutabera.

Umunyamabanga nshingwabikorwa w’akagari ka Rukina, Nzabonima Mark, avuga ko babifashijwemo na polisi ko uyu mudamu Nyiranzajyankundimana azakomeza gushakishwa kugeza aryojwe ibyo yakoreye umuvandimwe we.

Kugeza ubu urayeneza Marie arimo kuvurirwa ku kigo nderabuzima cya Kiyunwe.

Eric Muvara

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 2 )

Jyewe ndabona uriya mubyeyi ntacyaha afite, police irabura kubanza gufata abajuru? mbega injustice!!

mukeba yanditse ku itariki ya: 16-03-2012  →  Musubize

Ngirango umwanditsi yibeshye muri uriya murenge wa Kinihira ntahantu hitwa Kiyunwe ahubwo yaba yarashatse kwandika MUYUNZWE!

mbarimo jean yanditse ku itariki ya: 16-03-2012  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka