Nyanza: Yaciye umugabo we ubugabo amushinja kuryamana na murumuna we
Uwizeyimana Nehema w’imyaka 22 utuye mu murenge wa Busasamana mu karere ka Nyanza yahengereye umugabo we baryamanye mu ijoro rishyira tariki 07/01/2013 amuca imyanya ndangagitsina amuziza kumukekaho kumuca inyuma agasambanya murumuna we babana mu rugo.
Umugore ngo yahengereye umugabo we ibitotsi byamutwaye mu gicuku amufata mu ijosi aramujwigiriza undi agize ngo aritabara yadukira imyanya ndangagitsina ye arayikurura kugeza igihe amumennye ubugabo bwe busigara bwashwanyaguritse; nk’uko bitangazwa na Habimana Amuri akaba ari nawe waciwe imyanya ndangagitsina.
Uwimana uri mu kigero cy’imyaka 20 y’amavuko akaba ari nawe ntandaro ayo makimbirane yaturutseho yumvishe intonganya mu cyumba ahita avuza induru ariko abaturage baje basanga imyanya ndangagitsina y’uwo mugabo yashwanyujwe n’umugore we bafitanye abana batatu ndetse banamaranye imyaka 8 yose.
Abaturage baje batabaye bakubise amaso imyanya ndangagitsina y’umugabo basanga yangiritse ku buryo bukomeye kuko yaviriranaga cyane bahita bamuhamagariza imodoka yihuse n’uko ajyanwa mu bitaro bya Nyanza.

Mu cyumba cy’indembe arwariyemo mu bitaro bya Nyanza, Habimana arihangana akavuga ibyamubayeho asobanura ko byaturutse ku gufuha ku mugore we nyamara ngo ntigufite ishingiro kuko ahakana ko atajya akumuca inyuma n’umunsi wa rimwe.
Umugore we akimara kwamwangiza bimwe mu bice by’imbere y’ubugabo bwe byareretaga bigasa nkaho imitsi yacitse ndetse n’amaraso akisukanura ku bwinshi nk’uko Habimana Amuri iryo hohoterwa ryakorewe abihamya.
Abivuga atya: “Njye ubwanjye n’abambonye bikimara kuba ubwoba bwari bwabishe bumiwe bakifata ku minwa byabayobeye uburyo umugore yanyihimuyeho akanyangiza imyanya ndangagitsina”.
Mu mubabaro mwinshi Habimana Amuri avuga ko nta bucuti na mba agifitanye n’uwahoze yitwa ko ari umugore we babanaga nta sezerano ry’ubushyingirane.
Bamwe mu baturanyi b’uru rugo rwagiranye amakimbirane batangaza ko bumijwe n’ibyabaye ndetse muri ako gace ngo ntibisanzwe.
Umwe muri bo utifuje ko amazina ye avugwa mu itangazamakuru yagize ati: “Ibyakozwe n’uriya mugore ntibisanzwe twese abagore twabyamaganiye kure tubyita ibikorwa bya kinyamanswa bitakwiriye kwitirirwa ikiremwamuntu”.
Supt. Gashagaza Hubert, umuvugizi wa polisi y’igihugu mu Ntara y’amajyepfo akaba n’umugenzacyaha muri iyo Ntara yavuze ko ku rwego rwe yagifashe nko gukubita no gukomeretsa asaba abaturage kujya bagaragaza ingo zibanye nabi ibikorwa nk’ibyo by’ubugizi bwa nabi bitaraba.
Abajijwe niba hari izindi nshuro nyinshi zabayeho mu Ntara y’Amajyepfo umugore akadukira umugabo we amuhohotera yavuze ko bibaho ariko bidakunze kuboneka kenshi.
Ati: “Inshuro nyinshi abagabo nibo usanga bahohotera abagore babo ariko abagore bahohotera abagabo babo si kenshi bikunze kubaho”.
Supt. Gashagaza asaba abantu bose kwirinda amakimbirane mu gihe hari ibyo batumvikanaho bakisunga inzego zashyiriweho kunga abantu byananirana bakaba bakwisunga inkiko ariko hatabayeho gukurura ibibazo by’umutekano muke.
Jean Pierre Twizeyeyezu
Ibitekerezo ( 16 )
Ohereza igitekerezo
|
ahubwo uwo mugore akurikane n’ amategeko kuko ibyo yakoze ntibikwiriye umunyarwandakazi .
ndumiwe koko!!!sinzi icyo narenzaho!!!
Gus ni musenge kuko ibiri kuba murwanda ntahandi biba muriyisi Toka shitani! munsengere nanjye uwanjye ajya ashaka kubikora.
Abagore barakaniye. bagabo nimutita kungo zanyu bazazica.