Kivuruga: Imodoka ya twegerane yahirimye ku bwamahirwe ntawahasize ubuzima

Imodoka itwara abagenzi izwi ku izina rya twegerane ifite nimero ya purake RAC 326 N yarivuye i Kigali yerekeje mu Karere ka Musanze yahirimiye mu Murenge wa Kivuruga mu karere ka Gakenke ku bwamahirwe ntihagira uhasiga ubuzima cyangwa ngo akomereke.

Iyi tagisi mbere yuko ihirima kuri uyu wa 09 Kamena 2014 yabanje kugonga imodoka yaturukaga mu karere ka Rubavu yerekeje i Kigali abayirimo babiri umugabo n’umuhungu we bose nabo nta kintu bigeze baba uretse imodoka yabo yangiritse uruhande rwagonzwe.

Iyi tagisi ngo yari ifite umuvuduko mwinshi inanirwa gukata ikorosi irahirima.
Iyi tagisi ngo yari ifite umuvuduko mwinshi inanirwa gukata ikorosi irahirima.

Umuhungu wa nyiri imodoka yagonzwe utashatse ko amazina ye amenyekana yavuze ko babonye tagisi iza yiruka ibasanga bagerageza kuyihunga gusa nyuma izagukubita uruhande maze nayo iragenda ihirima ku rundi ruhande.

Bamwe mu bantu bahageze mbere babwiye Kigali Today ko abantu bahise bavamo bose ari bazima ku buryo banakomeje kujya muri gahunda bari bagiyemo ariko kandi bakemeza ko nyirabayazana w’iyi mpanuka yabaye umuvuduko.

Ngiyo tagisi imaze kwegurwa mu muhanda.
Ngiyo tagisi imaze kwegurwa mu muhanda.

Bati “uriya mushoferi wa tagisi yari yafatiyeho kuko yageze hano asa nk’uwikanze iriya modoka yindi nuko abura uko akata rino korosi bituma agongana n’iriya yindi”.

Imodoka za twegerane zikunze gukora impanuka muri uno muhanda wa Kigali-Rubavu kandi ugasanga biterwa n’umuvuduko ukabije ukoreshwa n’abashoferi bo muri uno muhanda akenshi baba batanguranwa abagenzi baba bahagaze ku muhanda.

Nguko uko ijipe yagonzwe.
Nguko uko ijipe yagonzwe.

Aho iyi tagisi yaguye ni mbere gato y’ahaherukira guhirimira indi twegerane mu gitondo cyo kuwa 01 Kamena 2014 ikagenda ikurura umugore ukuboko muri kaburimbo kuburyo yoherejwe i Kigali kugirango ariho akurikiranirwa.

Abdul Tarib

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka