Hindiro : Impanuka ihitanye 6 abandi bajyanwa mu bitaro

Kuri iki gicamunsi tariki 1 Ukwakira 2015, ahitwa Hindiro mu Karere ka Ngororero habereye impanuka y’imodoka ya HIACE 4 muri 17 yari itwaye bahita bahisiga ubuzima.

Iyi mpanuka ihitanye 4 abandi bajyanwa ku Bitaro bya Kabaya bakomeretse cyane.
Iyi mpanuka ihitanye 4 abandi bajyanwa ku Bitaro bya Kabaya bakomeretse cyane.

10 mu bari muri iyo modoka bamaze kugezwa ku Bitaro by’Umwami Fayisali hifashishijwe ubutabazi bw’indege mu gihe babiri bari bawatwawe muri CHUK n’imbangukiragutabara (ambulance) na bo ngo bahise bapfa bakihagera naho batatu bakaba barimo gukurikranirwa mu Bitaro bya Kabaya.

Ernest Kalinganire.

Ibitekerezo   ( 20 )

ikigaragara nuko iyimodoka yirukaga bya simusiga, aba chauffeurs rwose mureke kwiruka, mwitabara natwe abagenzi mudutabara

Kabanda yanditse ku itariki ya: 1-10-2015  →  Musubize

impanuka zimaze abantu, ziraterwa niki? police nihaguruke, ariko se ko ntako baba batagize.

Pie yanditse ku itariki ya: 1-10-2015  →  Musubize

mbega accident RIP abapfuye...ubu niho nakumva impanvu police idusaba gukoresha controle technique, no kureka kwiruka cyane, iyimodoka iyo ijya kuba yajyendaga buhoro ntago yari kumera gitya.

Mireille K. yanditse ku itariki ya: 1-10-2015  →  Musubize

Ubu iyi mpanuka yatewe ni iki? nimutubwire,imodoka kugera aho hikubakuba nkurupapuro.

KWIZERA yanditse ku itariki ya: 1-10-2015  →  Musubize

Ese ubu koko kugirango izi mpanuka zigabanuke hakorwa iki koko? imiryango yaba bantu niyihangane.

lewis yanditse ku itariki ya: 1-10-2015  →  Musubize

iyi yo yatewe niki mbese ko ntacyo mwadutangarije

odette yanditse ku itariki ya: 1-10-2015  →  Musubize

izi mpanuka zirakabije kabisa, ibyaribyo byose ziterwa numuvuduko ukabije rero nibihutishe bya byuma bazashira mu modoka zitwara abantu bigabanya umuvuduko naho ubundi abanyarwanda barashira

sandra yanditse ku itariki ya: 1-10-2015  →  Musubize

iyi mpanuka yaba yatewe niki? abapfuye Imana ibakire mubayo,Imiryango yabo yihangane.

JOJO yanditse ku itariki ya: 1-10-2015  →  Musubize
  • 1
  • 2

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka