Abayobozi babiri bafunzwe bashinjwa kunyereza umutungo wa Koperative

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) ruratangaza ko kuri uyu wa kane tariki 07 Gicurasi 2020 rwafunze abayobozi babiri ba Koperative mu Karere ka Muhanga.

RIB ibinyujije kuri Twitter, yatangaje ko abo bayobozi ari uwitwa Nyiransengiyumva Beatrice, perezida wa koperative y’abahinzi ya KOPARWAMU ikorera mu Karere ka Muhanga hamwe na Twagirayezu Alphonse visi perezida wayo, bakaba bakurikiranyweho kunyereza umutungo w’iyo koperative.

Abakekwa ubu bafungiye kuri sitasiyo ya RIB ya Nyamabuye mu gihe iperereza rikomeje kugira ngo hakorwe dosiye ishyikirizwe Ubushinjacyaha.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka