Libératha Mukamana w’imyaka 38 utuye mu mudugudu wa Muganza mu kagali ka Kiruli mu murenge wa Mukingo mu karere ka Nyanza, yafashwe mu gicuku cyo kuri uyu wa Gatandatu tariki 22/06/2013 atetse inzoga iteweme ya Kanyanga.
Nyuma yuko umucungamutungo wa ES Mutendeli, Habinshuti Cassien, aburiwe irengero kuva tariki 09/05/2013 ubwo yasabwaga gusobanura ideni rya miliyoni 79 ryari rimaze kuvumburwa muri iki kigo, yafatiwe mu ishuri rikuru ry’ubuhinzi INATEK tariki 18/06/2013.
Vedaste Ntirusekanwa wo mu mudugudu wa Mataba, akagari ka Mwendo mu murenge wa Mukura mu karere ka Rutsiro yasabye umugore we imbabazi mu ruhame amusezeranya ko atazongera kumuca inyuma.
Mu gihe mu mujyi wa Kibungo hakorwa imikwabu itandukanye inzererezi zigafatwa, abatuye uyu mujyi baravuga ko igituma izi nzerezi zidacika aruko zongera zikarekurwa zitabanje kugororwa.
Ubuyobozi bw’akarere ka Burera butangaza ko “Abarembetsi” baza ku isonga mu bintu biteza umutekano muke muri ako karere kuburyo n’abaturage bo muri ako karere babatinya kuko baba bazi ko babagirira nabi.
Ubuyobozi bw’akarere ka Burera burasaba abaturage bo muri ako karere kugira amakenga kugira ngo batazahabwa amafaranga y’amiganano kuko muri ako karere hafatiwe abantu bayafite ndetse n’umwe mu bakekwaho kwigana kuyakora.
Ubuyobozi bw’akarere ka Burera burakomeza gushishikariza abaturage bo muri ako karere kurara irondo kugira ngo bafashe inzego zishinzwe kubungabunga umutekano bityo umutekano ukomeze usagambe.
Bamwe mu batuye mu mujyi wa Ngororero bakomeje kwinubira urusaku rwa nijoro ruturuka mu tubari ducuruza inzoga, aho ba nyiratwo barara bavuza amaradiyo n’urusaku rwinshi bikabuza bamwe gusinzira.
Inkongi y’umuriro ifite inkomoko kugeza n’ubu itarabasha kumenyekana yibasiye urugo rw’umupasiteri w’itorero EBENEZER mu karere ka Nyanza itwika bimwe mu byumba by’inzu ye ndetse n’ibyari biyirimo.
Umuforomo ukiri umusore ukora ku Bitaro bya Nemba biherereye mu Karere ka Gakenke ari mu maboko ya Polisi, Stasiyo ya Gakenke akurikiranweho icyaha cyo gusambanya ku gahato umukobwa w’imyaka 17 ufite ubumuga bwo mu mutwe.
Abana batatu b’abakobwa bariwe n’imbwa mu Murenge wa Kanombwe, Akarere ka Kicukiro ku cyumweru tariki 16/02013, Polisi igasaba abatunze imbwa kuzingiza no kuzikingirana kugira ngo zitarya abantu.
Ntamahungiro Theodore w’imyaka 21 na Kaberuka Jean Damascene w’imyaka 42 bafungiye kuri poste ya Polisi ya Ntyazo bakuriranweho kwigiza ibiti by’ishyamba cyimeza bitwikiriye ijoro.
Rukundo Pascal uyobora Akagali ka Kabilizi mu murenge wa Nyagisozi mu karere ka Nyanza bamukubitiye iwe banamutera icyuma mu rubavu kimuhinguranya imbere mu mubiri.
Niyitegeka Ephron w’imyaka 21 umurambo we wabonetse mu gishanga cy’umuceli wo mu mudugudu wa Kimirama mu kagali ka Gitwa mu murenge wa Busoro mu karere ka Nyanza bigaragara ko yatewe ibyuma mu ijosi.
Niyomugabo Pascal wishe muramu we amuteye icyuma yafatiwe mu karere ka Bugesera akaba afungiye kuri station ya polisi ya Ruhuha mu gihe hagiteregerejwe ko agezwa aho yakoreye icyaha mu murenge wa Ntyazo mu karere ka Nyanza.
Kanyandekwe Aaron w’imyaka 52 wari utuye mu murenge wa Macuba, tariki 14/06/2013 yimanitse mu kagozi ahasiga ubuzima.
Abaneshuri batatu biga ku kigo cya College Urumuri Politechnique cyo mu murenge wa Rukozo, baguwe gitumo bari kunywa inzoga za Kanyanga bagombaga kumena, mu gikorwa cyateguwe na Polisi y’igihugu cyo kwamagana ibiyobyabwenge, kuri uyu wa Gatanu tariki 14/06/2013.
Niyomugabo Pascal bitaga Rubyogo wari utuye mu mudugudu wa Gisayura mu kagali ka Bugali mu murenge wa Ntyazo mu karere ka Nyanza yateye icyuma muramu we witwa Bizimana André w’imyaka 41 y’amavuko ahita apfa.
Umusore w’imyaka 19 uvuga ko yitwa Minani yafatiwe mu Mujyi wa Gakenke, Umurenge wa Gakenke ashaka kugurisha umunzani yibye ngo abone amafaranga y’itike imusubiza iwabo nyuma yo kwibwa n’indaya ibihumbi 35.
Mu gihe tukiri mu cyumweru cyahariwe ibikorwa bya Polisi, abatuye akagari ka Duwani mu murenge wa Kibirizi barasabwa kumva ko inzoga zizwi nka nyirantare ari ikiyobyabwenge cyangiza ubuzima bityo bakakirwanya bafatanya na Polisi kugaragaza abazenga n’ababicuruza.
Muri iki cyumweru cya Polisi, mu karere ka Rulindo hakomeje ibikorwa bitandukanye bijyanye no kubungabunga umutekano w’abantu. Tariki 13/06/2013, mu murenge wa Rukozo habereye ibiganiro ku kumvisha urubyiruko ububi bw’ibiyobyabwenge no kubashishikariza kutabikoresha.
Habihirwe Maritin w’imyaka 25, yishe nyina Maniraguha Therese w’imyaka 69. Abavandimwe be barakeka ko uyu musore yishe nyina bitewe n’uko yamwatse amafaranga yo kugura moto akayamwima, naho Habihirwe akavuga ko yabitewe n’amashitani.
Abaturage bo mu murenge wa Gahunga, mu karere ka Burera, bafatanyije n’ubuyobozi bwabo ndetse n’inzego zishinzwe kubungabunga umutekano muri ako karere bameneye mu ruhame ibiyobyabwenge bifite agaciro k’amafaranga miliyoni ebyiri n’ibihumbi 910.
Umugore witwa Mukurizehe Gaudence utuye mu Kagali ka Ruhinga, Umurenge wa Kivuruga ho mu Karere ka Gakenke yakomerekejwe n’umugabo we bapfuye ko amushinja kuba afite inshoreke.
Umunyamabanga nshingwabikorwa w’akagari ka Kabura mu murenge wa Kabarondo afunzwe akekwaho gukoresha inzoga ya Kanyanga ifatwa nk’ikiyobyabwenge mu Rwanda.
Umugabo w’imyaka 52 yafatanywe udupfunyika 200 tw’urumogi ku bufatanye n’abaturage, ahita afungirwa kuri sitasiyo ya polisi ya Muhoza, akurikiranywe gucuruza no gukoresha icyo kiyobyabwenge.
Ubufatanye bw’abaturage n’inzego z’umutekano mu kuwubungabunga ni kimwe mu byashimangiwe mu muhango wo gutangiza icyumweru cyahariwe bikorwa bya Polisi mu karere ka Nyagatare.
Pastori Munyabugingo Sawuli na Harerimana Etienne bakurikiranweho gusengera abantu ntibajyanwe kwa muganga ndetse bakanabapfiraho.
Umugabo witwa Ntirera David utuye mu Kagali ka Ruhinga, Umurenge wa Kivuruga ho mu Karere ka Gakenke avuga ko adashaka gutandukana n’umugore we kugira ngo isambu ye batayigana.
Uwineza Carine w’imyaka itatu y’amavuko wo mu murenge wa Nyamiyaga mu kagari ka Gahumuriza mu mudugudu w’Amajyambere mu karere ka Gicumbi yarohamye mu mugezi witwa Mwange ahita y’itaba Imana.