Yihinduye umurwayi wo mu mutwe ngo adakubitirwa muri Uganda
Umusore witwa Nzabonimpa Joseph w’imyaka 25 wari umaze amezi atanu afungiye muri Uganda, avuga ko yagombye kwihindura umurwayi wo mu mutwe, kugira ngo adakubitirwa aho yari afungiye.

Nzabonima yagiye muri Uganda tariki ya 6 Mutarama 2019, agiye gushakisha imibereho. Nyuma yo kubona igishoro yari asigaye ahakorera ubucuruzi bw’amasambusa.
Avuga ko tariki ya 3 Werurwe 2019 ari bwo yafashwe n’inzego z’umutekano mu gace ka Kisoro aho yakoreraga, ashinjwa kuba muri Uganda nta byangombwa, nyamara kandi urupapuro rwamwemereraga kuhaba rwari rugifite agaciro.
Nyuma yo kumufata, ibyangombwa bye barabiciye, ajyanwa gufungirwa kuri polisi ya Uganda ikorera mu gace ka Kisoro, aho yamaze amezi atanu muri gereza.
Nzabonimpa akigera muri gereza avuga ko yasanze Abanyarwanda bahafungiye bakubitwa nk’aho atari abantu, ahitamo kwigira umurwayi wo mu mutwe ngo arebe ko yacika izo nkoni.
Agira ati “Ibyabaye ku Banyarwanda bagenzi banjye, abo nasanzemo, abansanzemo, ni agahinda gusa. Narabirebye ndavuga nti hano utakwigira umusazi yajya akubitwa buri munsi, mpera ko nigira umusazi, bose bakabona ko nasaze, n’umuyobozi yaza akavuga ngo uriya ni umusazi ntimukamukubite! Baradukubitaga, bakadukubitira ubusa”.
Nzabonimpa kandi avuga ko yagejejwe mu rukiko akaburana ndetse akanatsinda, ariko agasabwa gutanga ruswa y’amashilingi ya Uganda ibihumbi 100 ngo abone kurekurwa (ni ukuvuga abarirwa mu bihumbi 25 by’Amafaranga y’u Rwanda), yanayatanga ntahite arekurwa.
Nzabonimpa yarekuwe ku wa 23 z’uku kwezi kwa Nyakanga 2019, nyuma aza koherezwa mu Rwanda.
Kimwe na Nzabonimpa, undi musore witwa Irakiza Fiston w’imyaka 20 na we yari amaze amezi umunani afungiye muri Uganda mu Karere ka Kasese.

Ni umusore ugaragaraho intege nkeya, ndetse uvuga ko yaje arwaye kubera umunaniro w’imirimo y’agahato yakoreshejwe mu gihe yari amaze afunze.
Na we avuga ko yafashwe azira kuba muri Uganda nta byangombwa afite.
Aho uyu Irakiza yari afungiye, Abanyarwanda bahafungiye ngo bakoreshwa ubuhinzi bw’ibigori ku gahato, aho bazindukira mu murima bakageza nimugoroba bagihinga.
Irakiza avuga ko uwanze guhinga cyangwa utabishoboye ari we ukubitwa, cyangwa se agatanga amafaranga kugira ngo arekurwe.
Ati “Ni uguhinga uri gukubitwa ngo ugire vuba, n’abasaza, n’abadafite ingufu bose barahinga. Iyo ubona utabishoboye ubwo ni ugutumaho iwanyu bagatanga amafaranga ukabona gutaha. Batubyutsa saa kumi n’imwe tukanywa igikoma, tukajya mu murima kugeza saa kumi n’imwe tugataha”.
Aba basore bagira inama Abanyarwanda batekereza kujya muri Uganda kuhashakira imibereho ko babihagarika, kuko umutekano wabo ari ntawo.
Kuri Nzabonimpa wakoraga ubucuruzi bw’amasambusa, avuga ko yari amaze kugira igishoro kigaragara none cyose akaba yaragisize muri Uganda, agasaba ko yafashwa kubona ikindi gishoro agakorera mu Rwanda.
Inkuru zijyanye na: Umubano hagati y’u Rwanda na Uganda
- Perezida Kagame na Museveni baganiriye ku mubano w’ibihugu byombi
- Perezida Kagame yageze muri Uganda
- Uganda: Gen Muhoozi yashimiye abitabiriye ibirori by’isabukuru ye y’amavuko (Amafoto)
- Perezida Kagame yagabiye inka z’Inyambo Gen Muhoozi
- Gen. Muhoozi yasuye urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali
- Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na Gen. Muhoozi Kainerugaba
- Gen. Muhoozi Kainerugaba yagarutse mu Rwanda
- Umuyobozi wa Kisoro muri Uganda na we ngo yari akumbuye gutemberera mu Rwanda
- Umupaka wa Cyanika wafunguwe: Dore ibisabwa ushaka kwambuka
- Umupaka ntushobora gufungurwa ibyatumye ufungwa bitabanje gukemurwa – Perezida Kagame
- Abaha serivisi abagenda mu muhanda Kigali-Gatuna-Kampala ngo bagiye kongera kubona inyungu
- Abaturage bishimiye ifungurwa ry’umupaka wa Gatuna
- Umupaka wa Gatuna uhuza u Rwanda na Uganda wafunguwe
- Abanyarwanda bifuza kujya muri Uganda barasabwa gushishoza
- Ibicuruzwa by’u Rwanda byiteguye guhatana ku isoko rimwe n’ibya Uganda umupaka nufungurwa?
- Imiryango ya Afurika yunze Ubumwe na EAC yishimiye ifungurwa ry’umupaka wa Gatuna
- Abanyarwanda 58 bari bafungiye muri Uganda n’Umurundi umwe barekuwe
- Umupaka wa Gatuna uhuza u Rwanda na Uganda ugiye kongera gufungurwa
- Uganda: Gen Kandiho yakuwe ku buyobozi bw’ubutasi (CMI)
- Perezida Kagame na Gen. Muhoozi Kainerugaba bagiranye ibiganiro bitanga icyizere
Ibitekerezo
Ohereza igitekerezo
|