Umupilote wafotoye Isi bwa mbere yaguye mu mpanuka y’indege

Umupilote w’icyogajuru Apollo 8, Bill Anders, wafashe amafoto yamamaye cyane ari mu isanzure, yitabye Imana ku myaka 90 y’amavuko aguye mu mpanuka y’indege.

Bill Anders wafotoye Isi bwa mbere ari ku Kwezi
Bill Anders wafotoye Isi bwa mbere ari ku Kwezi

Abayobozi bavuze ko indege nto yari atwaye yahanutse ikagwa mu mazi mu majyaruguru y’umujyi wa Seattle, muri Leta ya Washington.

Umuhungu wa Anders, Greg Anders, yemeje ko se ari we wari utwaye iyo ndege, kandi ko umurambo we wabonetse mu masaha y’umugoroba tariki 07 Kamena 2024.

Bill Anders, wari umupilote w’icyogajuru Apollo 8 cyagiye ku kwezi, ni we wafashe ifoto igaragaza Isi mu isanzure, ikaba ari imwe mu mashusho y’umurage w’akataraboneka yafatiwe mu isanzure yerekana Isi uko yakabaye.

Iyo foto yafashwe ku munsi ubanziriza Noheli mu butumwa bwo mu 1968, ubwo Abanyamerika bavaga ku Isi ku nshuro ya mbere bakagera ku Kwezi. Iyo foto yerekana igice cy’Isi isa n’itunguka hakurya mu mwijima, uyireba ahagaze ku butaka bwo ku Kwezi.

Ifoto y'umubumbe w'Isi yafashwe na Bill Anders
Ifoto y’umubumbe w’Isi yafashwe na Bill Anders

Bill Anders na we amaze kubona ubwiza bw’iyo foto, yavuze ko ari wo musanzu we wa mbere yemera yatanze muri gahunda irebana n’ibyo mu isanzure.

Iyo foto ihabwa agaciro gakomeye kagendanye n’ibikorwa byo kubungabunga isi, ari na yo bashingiyeho bashyiraho Umunsi w’Isi nk’igikorwa ngarukamwaka cyo guteza imbere ibikorwa bigamije gufata neza umubumbe.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 2 )

Ibaze aliko ubwenge yali afite imyaka 90 agifite.ubushobozi bwo gutwara indege twe kumyaka 90 biragoye no gutwara imodoka

Lg yanditse ku itariki ya: 10-06-2024  →  Musubize

Urupfu tugendana narwo.Tujye duhora twiteguye gupfa.Ni iki twakora?Ntitukumve ko ubuzima gusa ari akazi,gushaka amafaranga,shuguri,politike,amashuli,etc...Nkuko imana yaturemye ibidusaba muli Matayo 6,umurongo wa 33,tujye dushaka ubwami bw’imana mbere ya byose,twe kwibera gusa mu gushaka iby’isi.Abumvira iyo nama,nubwo aribo bacye nkuko Yesu yabisobanuye,nibo imana izazura ku munsi wa nyuma,ikabaha ubuzima bw’iteka.Abibera mu by’isi gusa,bible yerekana neza ko batazazuka.Nubwo bababeshya ko baba bitabye imana.

kamanzi yanditse ku itariki ya: 8-06-2024  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka