Umubare w’abishwe n’iruka rya Nyiragongo ukomeje kwiyongera
Ubuyobozi bwa Kivu y’Amajyaruguru bukomeje gukora igenzura ku byangijwe n’iruka rya Nyiragongo. Uko hamenyekana ibyangiritse, ni na ko umubare w’abo yahitanye ukomeza kwiyongera.
Umubare w’abamaze kumenyekana bagizweho ingaruka no kuruka kwa Nyiragongo nturashyirwa ahagaragara ariko imwe mu mibare y’agateganyo yari imaze kumenyekana kuri uyu wa Kabiri tariki 25 Gicurasi 2021 igarahaza ko abantu 32 bapfuye.
N’ubwo imibare ishobora kwiyongera, abamaze kumenyekana harimo
7 batwitswe n’amazuku ubwo ikirunga cyarukaga. Batanu bishwe n’imyotsi iva mu mazuku yarutswe n’ikirunga, naho 14 baguye mu mpanuka z’imodoka ahitwa Rwasama, bandi 4 ni abagororwa bazize umubyigano bashaka gutoroka gereza ya Munzenze ubwo ikirunga cyarimo kuruka, mu gihe babiri bishwe n’ibiryo bariye byahumanye.
Ingaruka z’iruka ry’ikirunga zishobora gukomeza kwiyongera mu gihe abaturage badafashe ingamba zo kwirinda harimo kujya hejuru y’amazuku akigurumana mu nda zayo.
Hari abaturage benshi bajya kuyarebana no kuyotsamo imyaka bishimira uyu muriro nyamara ukaba ushobora kubatwara ubuzima.
Jean Claude Kawaya, umuyobozi wa sosiyete sivile ya territoire ya Nyiragongo avuga ko iruka ry’ikirunga cya Nyiragongo ryageze mu dusantere twa Bugarura, Buhima, Janga, Bushara, Kasenyi, Kabaya, Ngangi 1, Ngangi 2, Rukoko, na Byungo.
Uyu muyobozi avuga ko ubwo bagenzuraga ibyangiritse basanze hari abaturage bahiriye mu mazu batabashije guhunga, abazize impanuka, n’imyuka ihumanye.
Akomeza avuga ko hari ibikorwa remezo byangiritse aho iruka ryanyuze harimo, inyubako z’abaturage, amashuri, ibikorwa remezo by’amajyambere nk’umuhanda uhuza Goma na Rutshuru, imiyoboro y’amazi n’amashanyarazi hamwe n’amatungo atabashije guhungishwa.
Inkuru zijyanye na: Nyiragongo
- Rubavu: Abagizweho ingaruka n’iruka rya Nyiragongo babayeho bate?
- Goma: Ubuyobozi bwasabye abahunze iruka rya Nyiragongo gusubira mu ngo
- Rubavu: Imiryango 2,504 yangirijwe n’imitingito imaze guhabwa ubutabazi
- Rubavu: Ibitaro bya Gisenyi byongeye gutanga serivisi
- Amashyuza yari yaragiye kubera imitingito yagarutse
- Mu Rwanda hasigaye Abanyekongo babarirwa mu 1000 bahunze Nyiragongo
- Ikiyaga cya Kivu nticyahungabanyijwe n’iruka rya Nyiragongo
- Imiryango yasenyewe n’imitingito irasaba gufashwa kubona ahandi ho kuba
- Rubavu: Ubuyobozi burahamagarira abantu gusubukura ibikorwa byabo
- Rubavu: Amashyuza yaburiwe irengero kubera umutingito
- Impunzi z’Abanyekongo zikomeje gusubira iwabo
- Rubavu: Ibyangijwe n’imitingito byatangiye gusanwa
- Ubuyobozi burahumuriza abumvaga ko ikirere n’amazi bya Rubavu byagize ikibazo
- Kuruka kw’ibirunga n’imitingito bizagira uruhare mu gutandukanya Congo n’u Rwanda – Impuguke
- Rubavu: Inzu zisaga 1,500 zimaze kwangizwa n’imitingito
- Ibyuka bituruka muri Nyiragongo bigira ingaruka ku buzima - Impuguke
- Mu Kivu hagaragaye isambaza zapfuye nyuma y’umutingito
- Igihiriri cy’Abanyekongo bahungiye mu Rwanda
- Hari impungenge z’uko Nyiragongo yakongera kuruka
- Abatuye muri metero 200 uvuye ku murongo waciwe n’imitingito bafite inzu ziyashije bagomba kuhava - Minisitiri Kayisire
Ohereza igitekerezo
|
Twihanganishije abagizweho ingaruka numutingito wa nyiragongo, kd abitabye Imana ibakire mubayo,murakoze.