Uganda: Imfungwa itegeka izindi ngo yagaburiye Umunyarwanda ibiryo byanduye arapfa
Benimana w’imyaka 19 avuye muri gereza za Uganda avuga ko Abanyarwanda bafungiweyo barimo kwicwa urw’agashinyaguro, ndetse ngo hari uwazize utwuma twogeshwa amasafuriya (sitiruwaya).

Uyu musore avuga ko yagiye muri Uganda gukorera amafaranga tariki 4 Nzeri 2018, akaba yaragarutse tariki 14 Nzeri 2019, nyuma yo kurangiza igifungo kingana n’umwaka aho ngo yakora imirimo y’uburetwa.
Avuga ko abajya muri Uganda badafite amashilingi miliyoni imwe n’igice (abarirwa mu bihumbi 376 by’Amafaranga y’u Rwanda) ari bo bafatwa bagahezwa muri gereza, bagatangira gukoreshwa imirimo nsimburagifungo y’ubuhinzi cyangwa kwikorezwa ibiti n’amatafari.
Abarangiza icyo gifungo baza bavuga ko bazira kugenda mu gihugu cy’amahanga badafite ibyangombwa, n’ubwo ibihugu byombi byari bisanzwe byaremeranyijwe ko abaturage bazagenderana hakoreshejwe indangamuntu gusa.
Benimana ati "Nabanje gufungirwa muri Kisoro mvayo nsizeyo Abanyarwanda nka 30, nyuma najyanywe i Kabare na ho nasizeyo bagenzi banjye nka 40, ubu nari mfungiwe i Kiburara na ho nsizeyo nk’abarenga 20".
"Muri iyo gereza hari Umunyarwanda numvaga bamwita Sam, yakoreraga umukuru w’abagororwa, nyuma y’igihe gito Sam yarapfuye azize situruwaya bogesha amasafuriya uwo mukuru w’abagororwa yari yavunguriye mu byo kurya".
"Numvise ko yamuzizaga umujinya w’uko ngo ibyo amuha(ibiribwa n’aho kuryama) abifashisha abandi Banyarwanda. Ivangura ryo rirahari(muri iyo gereza) kubera ko iyo mwabaga muri mu kazi hari igihe Abagande bagukubita bakwiyenzaho bavuga ngo na bo nibaza iwanyu uzabakubite".

Benimana akomeza asobanura ko imirimo y’ubucakara bayikora bakubitwa, birukanswa, batotezwa mu buryo butandukanye ku buryo ngo ’na mugenzi wawe afite umuhoro cyangwa isuka agutema atabishaka".
Benimana wasobanuraga ibi mu gihe Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Uganda, Sam Kutesa n’itsinda ayoboye bari baje i Kigali, avuga ko(Benimana) na we hari ibyo yabwira Museveni (Perezida wa Uganda).
Ati "Hariya batugirira nabi cyane, ibyo nabwira Museveni byo ni byinshi, namusaba kurekura Abanyarwanda bafungiwe muri gereza zo muri Uganda".
Minisitiri Sam Kutesa yaje mu Rwanda kuganira na mugenzi we, Olivier Nduhungirehe ku ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano yo kunoza umubano aherutse gushyirwaho umukono n’Abakuru b’ibihugu byombi i Luanda muri Angola ku itariki 21 Kanama 2019.
Inkuru zijyanye na: Umubano hagati y’u Rwanda na Uganda
- Perezida Kagame na Museveni baganiriye ku mubano w’ibihugu byombi
- Perezida Kagame yageze muri Uganda
- Uganda: Gen Muhoozi yashimiye abitabiriye ibirori by’isabukuru ye y’amavuko (Amafoto)
- Perezida Kagame yagabiye inka z’Inyambo Gen Muhoozi
- Gen. Muhoozi yasuye urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali
- Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na Gen. Muhoozi Kainerugaba
- Gen. Muhoozi Kainerugaba yagarutse mu Rwanda
- Umuyobozi wa Kisoro muri Uganda na we ngo yari akumbuye gutemberera mu Rwanda
- Umupaka wa Cyanika wafunguwe: Dore ibisabwa ushaka kwambuka
- Umupaka ntushobora gufungurwa ibyatumye ufungwa bitabanje gukemurwa – Perezida Kagame
- Abaha serivisi abagenda mu muhanda Kigali-Gatuna-Kampala ngo bagiye kongera kubona inyungu
- Abaturage bishimiye ifungurwa ry’umupaka wa Gatuna
- Umupaka wa Gatuna uhuza u Rwanda na Uganda wafunguwe
- Abanyarwanda bifuza kujya muri Uganda barasabwa gushishoza
- Ibicuruzwa by’u Rwanda byiteguye guhatana ku isoko rimwe n’ibya Uganda umupaka nufungurwa?
- Imiryango ya Afurika yunze Ubumwe na EAC yishimiye ifungurwa ry’umupaka wa Gatuna
- Abanyarwanda 58 bari bafungiye muri Uganda n’Umurundi umwe barekuwe
- Umupaka wa Gatuna uhuza u Rwanda na Uganda ugiye kongera gufungurwa
- Uganda: Gen Kandiho yakuwe ku buyobozi bw’ubutasi (CMI)
- Perezida Kagame na Gen. Muhoozi Kainerugaba bagiranye ibiganiro bitanga icyizere
Ohereza igitekerezo
|